I Kinshasa mu murwa Mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abaturage baramukiye mu myigaragambyo yo kwamagana ihindurwa ry’ingingo zo mu Itegeko Nshinga, hagamijwe ko manda z’umukuru w’Igihugu zongerwa.
Abaturage babyutse bajya kwicara ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko, aho bacakiraniye n’abashinzwe umutekano barimo ingabo na polisi bafunze imihanda yose yerekeza kuri iyo nyubako yitirirwa iya rubanda.
Iyi myigaragambyo yatumijwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi, bihurije mu cyo bise ‘Ihuriro 64’ rigamije gukora buri kimwe cyose ngo Perezida Félix Tshisekedi ntazahindure bimwe mu bigize itegeko nshinga byatuma aguma ku butegetsi.
Aba banyapolitike barimo Martin Fayulu, Moïse Katumbi, Delly Sesanga, Augustin Matata na Jean-Marc Kabund.
Basabye abaturage kubyuka bajya kwicara ku nyubako ikoreramo Inteko Ishinga Amategeko nyuma y’uko ku wa 9 Kanama 2026, Abadepite bari bemeje umushinga w’itegeko ryo gutegura amatora ya kamparampaka [referandumu] ku kuvugura itegeko nshinga.
Amashusho yakwirakwiriye ku mbuga nkoranyambaga yerekanya abanyapolitiki barimo Martin Fayulu, ( uyu yiyita Perezida watowe na rubanda) ari kumwe n’abarwanashyaka be bashaka kwerekeza ku Nteko Ishinga Amategeko, bahahurira n’abashinzwe umutekano ubona ko bambariye guhangana n’abigaragambya.
Abaturage bararirimba indirimbo zishinja abayobozi kugundira ubutegetsi no gukorera ‘kudeta’ Itegeko Nshinga.
Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva mu 2001 kugeza mu 2019, nawe mu ijoro yari yanditse ibaruwa isaba Abanyekongo guhaguruka bakarwanya abashaka kwica Itegeko Nshinga.
Uyu Munyapolitike wakatiwe urwo gupfa n’inkiko za Congo yavugaga ko iki Gihugu kiri mu irindimuka kuko kiyobowe mu bwirasi n’agatsiko k’abantu.







MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW
