Browsing category

Ubutabera

Gitifu ushinjwa gutema ibiti bya Leta yongerewe igifungo cy’iminsi 30

Nsanzimana Védaste, ushinjwa gutema ishyamba rya Leta, yongerewe igifungo cy’iminsi 30 y’agateganyo nyuma y’uko Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rutesheje agaciro ubujurire bwe mu isomwa ry’urubanza ryabaye kuri uyu wa Kane. Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwemeje ko impamvu zatanzwe n’Urukiko rw’ibanze rwa Kiyumba zihagije, bityo Nsanzimana Védaste agomba gukomeza gufungwa by’agateganyo kugira ngo atabangamira iperereza cyangwa […]

Umugore uherutse gutera icyuma umugabo we, byarangiriye amukase igitsina

NYAMASHEKE: Umugore witwa Ayingeneye Clementine wo mu Karere ka Nyamasheke yatawe muri yombi akekwaho gukatisha urwembe igitsina cy’umugabo we witwa Muberanziza Jackson. Aya mahano yabereye mu Mudugudu wa Rambira, Akagari ka Shara, Umurenge wa Kagano, mu ijoro rishyira ku wa 17 Ugushyingo 2024. Mu mezi arindwi ashize, uwo mugore yari aherutse gutera umugabo we icyuma […]

Muhanga: Abashinjwa ubujura muri Kampani ikora umuhanda bakatiwe

Abantu 14 bashinjwa kwiba ibikoresho bya Kampani y’abashinwa ishinzwe gukora Umuhanda wa Kaburimbo Muhanga- Nyange bahawe ibihano bitandukanye. Batanu muri bo  harimo abari bashinzwe ububiko, umusekirite n’abandi bashinjwa icyaha cyo kwiba. Ni mu gihe abandi bo bashinjwa ubufatanyacyaha muri icyo cyaha. Ubushinjacyaha bubarega kwiba sima,mazutu, sima, amabati   n’ibindi bikoresho byo kubaka uwo muhanda Muhanga-Nyange. Mu […]

Huye: Umunyeshuri uregwa gusambanya mugenzi we yasabye kuburana adafunze

Urukiko Rwisumbuye rwa Huye, rwaburanishije ubujurire bw’umunyeshuri usaba gukurikiranwa adafunzwe akaba aregwa gusambanya mugenzi ndetse  akanamutera inda. Mu rubanza rw’umunyeshuri witwa Niyonsenga Ramadhan wigaga mu mwaka wa Kane w’amashuri yisumbuye mu ishuri rya G.S Mwurire riherereye mu Murenge wa Mbazi mu karere ka Huye aho aburana ubujurire asaba ko yafungurwa by’agateganyo agakurikiranwa ari hanze nyuma […]

Umukire utunze imodoka zirenga 25, igorofa mu Mujyi wa Kigali yongeye gufungwa  

Umukire utunze imodoka zirenga 25, igorofa mu mujyi wa Kigali n’ibindi waherukaga gufungurwa by’agateganyo, bikekwa ko habonetse ibindi bimenyetso atabwa muri yombi hamwe n’abandi bantu babiri ngo bakurikiranwe n’amategeko. Amakuru y’itabwa  muri yombi rya Niyitegeka ryumvikanye mu gitondo cyo kuri uyu wa 19 Gashyantare 2025. Abakorana na Niyitegeka Eliezer bavuga ko yongeye gutabwa muri yombi […]

Abatangabuhamya b’ubushinjacyaha mu rubanza rwa ‘Mico’bahaswe ibibazo

Abatangabuhamya babiri b’ubushinjacyaha  bumviswe mu rukiko bakavuga ko babonanye Micomyiza imbunda bahaswe ibibazo. Kuri uyu wa 18 Gashyantare 2025 nibwo urubanza rwa Micomyiza Jean Paul alias Mico rwakomeje aho nk’umutangabuhamya wa mbere wumviswe yavuze ko azi Micomyiza Jean Paul mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi 1994 na mbere yaho kuko bombi bari baturanye i Cyarwa. […]

Urubanza rw’ Umukire utunze imodoka 25, ibibanza 120, etaji i Kigali rwasubitswe

Urukiko Rwisumbuye rwa Huye rwasubitse urubanza ruregwamo umukire utunze imodoka 25 etaji i Kigali, ibibanza 120 n’ibindi kuko atari yunganiwe akaba ategereje guhabwa imitungo ye yafatiriwe. Kuri uyu wa 17 Gashyantare 2025 Niyitegeka Eliezer nibwo yitabye urukiko aburana ubujurire, asaba ko urubanza rusubikwa aho yatanze inzitizi ko nta mwunganizi afite. Uyu mugabo wari wambaye ishati […]

Kigali: Polisi yaburiye abishora mu bujura

Polisi y’u Rwanda iraburira abantu bose bakora ibikorwa by’ubujura butandukanye, ariko cyane cyane abiba imyaka, amatungo n’ibihazi bitega abantu mu nzira, ko batazihanganirwa igihe bazaba bafatiwe muri iki cyaha. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, yatangarije UMUSEKE ko hari abantu bafatiwe muri ibyo bikorwa, ndetse ko bakomeje gushakisha abandi […]

Musenyeri Mugiraneza Samuel yahawe gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko rw’Ibanze rwa Muhoza mu Karere ka Musanze, rwakatiye gufungwa iminsi 30 y’agateganyo Dr Musenyeri Mugisha Mugiraneza Samuel wahoze ayobora Diyosezi y’Abangilikani ya Shyira nyuma yo gusanga hari impamvu zifatika zituma agomba gukurikiranwa afunzwe. Umwanzuro Urukiko rw’Ibanze rwa Muhoza rwasomye kuri uyu wa 14 Gashyantare 2025, uvuga ko rwategetse ko Musenyeri Dr Mugisha Samuel afungwa […]

Ubuyobozi bwafashe umugabo “wahishaga ihene z’inyibano”

Nyanza: Umugabo arakekwaho guhisha ihene z’inyubano, byamenyekanye ubwo umwe mu bakekwaho ubujura yamutangagaho amakuru. Uwahaye amakuru UMUSEKE yavuze ko hari umuntu wibaga ihene wo mu murenge wa Cyabakamyi mu karere ka Nyanza akaziha umugabo witwa Mbazibose Evariste akaba ari we uzihisha aho atuye mu murenge wa Busasamana, mu karere ka Nyanza ari naho uriya mugabo […]