Browsing category

Ubutabera

Umwarimu uregwa gusambanya umunyeshuri yafatiwe icyemezo

Umwarimu uregwa gusambanya umunyeshuri yafatiwe icyemezo

Urukiko rw’ibanze rwa Busasamana mu karere ka Nyanza rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 y’agateganyo,umwarimu uregwa gusambanya umunyeshuri. Urukiko rushingiye ko mwarimu Nsekanabo yanditse inyandiko yemera ko yasambanyije uriya munyeshuri akanamutera inda nubwo we avuga ko yabyanditse kubera igitutu n’iterabwoba yashyizweho ariko nta bimenyetso abigaragariza bityo hari impamvu zikomeye zituma akekwaho icyaha aregwa. Ubushinjacyaha […]

UPDATE: Umuyobozi w’amasomo akurikiranyweho gusambanya abanyeshuri

UPDATE: Umuyobozi w’amasomo akurikiranyweho gusambanya abanyeshuri

MUHANGA: Urwego rw’Ubugenzacyaha rwataye muri yombi Umuyobozi ushinzwe amasomo muri GS Kabgayi B, arakekwaho guhohotera abanyeshuri b’abakobwa yigisha. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri Taliki ya 29 Mata 2025 ahagana saa ine (10h00 a.m) nibwo Mitsindo Gaëtan, Umuyobozi w’amasomo mu rwunge rw’amashuri yisumbuye ya Kabgayi B yatawe muri yombi. Bamwe mu banyeshuri babwiye UMUSEKE […]

Umukozi w’umujyi wa Kigali yikomye umukozi wa RIB avuga ko yamufungishije

Umukozi w’umujyi wa Kigali yikomye umukozi wa RIB avuga ko yamufungishije

Umukozi w’umujyi wa Kigali wakoreraga mu murenge wa Kigali yikomye umukozi wa RIB ko yamufungishije amuhimbira ibyaha atakoze. Ubushinjacyaha burarega umukozi w’Umujyi wa Kigali witwa Harerimana Xaverien ushinzwe ubwubatsi n’ibikorwaremezo mu murenge wa Kigali ibyaha byo gusaba no kwakira indonke, no gukoresha ububasha ahabwa n’amategeko mu nyungu ze bitwe. Ubushinjacyaha buvuga ko kuva mu mwaka […]

Umuforomo arakekwaho kwiba imiti y’abarwayi n’ibikoresho bipima indwara

UPDATED: Umuforomo mu Kigo Nderabuzima cya Gitega giherereye mu Murenge wa Kibangu akurikiranyweho kwiba imiti y’abarwayi n’ibikoresho bipima Malaria na Virus itera SIDA. Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Gitega, Uwintore Jean Bosco yabwiye UMUSEKE ko uyu Muforomo wafashwe akekwaho kwiba imiti y’abarwayi ashinzwe kubika “bari basanzwe bamukekaho ubujura ariko bakabura ibimenyetso.” Uwintore avuga ko uriya muforomo […]

Gitifu wa Rongi arakomeza gufungwa by’agateganyo

Muhanga: Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwemeje ko impamvu z’ubujurire zatanzwe na Nteziyaremye Germain nta shingiro zifite. Rwemeje ko impamvu z’ubujurire zatanzwe na Gatesi Francine zifite ishingiro. Rwemeje ko nta mpamvu zikomeye zituma Gatesi Francine akekwaho ko yakoze icyaha cyo kwakira indonke. Rutegetse ko  icyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Ibanze  rwa  Kiyumba ku wa 24/03/2025 kigumaho kuri Nteziyaremye Germain […]

Urukiko rwasoje inkuru y’umugabo wafungiwe gusambanya umukozi we

Urukiko rw’ibanze rwa Busasamana mu karere ka Nyanza rwategetse ko umugabo waregwaga n’ubushinjacyaha gusambanya umukozi we afungurwa. Icyemezo cy’urukiko gifungura uyu mugabo cyafashwe hashyingiwe kuri raporo ya Rwanda Forensic Institute (RFI) ivuga ko umwana w’umukozi we yabyaye atamubyaranye na we. Uyu mugabo wo mu mudugudu wa Bunyeshywa, mu kagari ka Nyanza mu murenge wa Busasamana […]

Urupfu rwa Ntwari Loîc: Ubushinjacyaha bwajuririye icyemezo cy’Urukiko rw’i Huye

Ubushinjacyaha ntibwanyuzwe n’icyemezo cy’urukiko rwisumbuye rwa Huye cyagize abere abagabo 5 bakekwaho kwica umwana w’imyaka 12. Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buratangaza ko butanyuzwe n’icyemezo cy’urukiko rwisumbuye rwa Huye cyagize abere abagabo 5 bakekwaho kwica umwana w’imyaka 12 witwa Kalinda Loîc Ntwari William wasanzwe iwabo yapfuye, bwahise bujuririra kiriya cyemezo. Abagabo 5 ari bo Ngamije Joseph ufatwa […]

Béatrice Munyenyezi yitwaraga nk’uwiga Kaminuza

Mu miburanire ya Béatrice Munyenyezi ku rwego rw’ubujurire yavuze ko abatangabuhamya bamushinja batamuzi kuko bemeza ko yigaga Kaminuza nyamara yarigaga mu mashuri yisumbuye. Ni mu iburanisha ryo kuri uyu wa 16 Mata 2025 ubushinjacyaha buvuga ku cyaha cy’ubufatanyacyaha bwo gusambanya ku gahato nk’icyaha kibasiye inyokomuntu. Ubushinjacyaha bwavuze ko Béatrice Munyenyezi hari abakobwa bamusangaga kuri bariyeri, […]

Ntazinda wari Mayor wa Nyanza akimara kweguzwa “yafunzwe”

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwemeje ko rwataye muri yombi Ntazinda Erasme, wayoboraga Akarere ka Nyanza. Tariki ya 15 Mata 2025, nibwo hasakaye inkuru y’uko Inama Idasanzwe yateranye yeguje Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, kubera kunanirwa kuzuza inshingano ze. Itangazo akarere ka Nyanza kasohoye nta byinshi mubyo Ntazinda Erasme yaba atarujuje byavuzwe. Abakoranaga na we babwiye UMUSEKE […]