Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatanze umuti w’icyorezo cya Ebola ukiri mu igeragezwa kugira ngo wifashishwe mu kuvura abarwayi b’icyi cyorezo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubuzima ya Amerika yabwiye Reuters ko uwo muti wa sosiyete Mapp Biopharmaceutical yo muri Amerika, uzwi nka ‘MBP134’, woherejwe muri RDC kugira ngo ukoreshwe ku barwayi mu rwego rwo kwihutisha amagerageza yawo.
Amerika yari yaratangaje ko uwo muti uzahabwa gusa Abanyamerika baba bagize ibyago byo kwandura Ebola.
Uwo muvugizi ntiyigeze atangaza ingano ya za doze z’umuti woherejwe muri Congo, avuga ko amakuru azava muri ayo magerageza ashobora kuzifashishwa mu bugenzuzi bw’uwo muti no mu kuwemeza nk’umuti ushobora gukoreshwa mu buryo bwemewe.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryemeje ko doze z’uwo muti watanzwe na Amerika hamwe n’indi miti iri mu igeragezwa zatangiye koherezwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe abafatanyabikorwa mu rwego rw’ubuzima bari gutegura uburyo amagerageza azakorerwamo.
Kugeza ubu nta rukingo cyangwa umuti byemejwe ko bikingira cyangwa bivura icyorezo cya Ebola cyo mu bwoko bwa Bundibugyo gikomeje kwibasira ibice bya RDC.
Imibare yatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima ku wa 21 Kamena 2026 igaragaza ko abantu 1.048 bamaze kwandura Ebola, mu gihe 267 bamaze guhitanwa na yo. Abantu 112 bamaze gukira basezererwa mu bitaro.
MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW
