Kamonyi: Urukuta rwagwiriye abantu batanu, batatu bahita bapfa

Abaturage batabaye aho urukuta rwaguye ku bantu

Mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Gacurabwenge, urukuta rw’amabuye cyagwiriye abantu batanu, batatu muri bo bahita bitaba Imana.

Byabereye mu Mudugudu wa Buhoro, Akagari ka Kigembe mu gitondo cyo kuri uyu wa 23 Kamena 2026.

Iki gikuta cy’amabuye cyagwiriye abo bantu batanu, cyubakwaga kugira ngo imodoka zo mu bwoko bw’amakamyo zizajye zihaparika.

Bamwe mu babonye uko iyo impanuka yagenze, babwiye UMUSEKE ko abo icyo gikuta cyagwiriye ari abubatsi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kigembe, Nshimiyimana Alphonse yemeje iby’iyi mpanuka avuga ko mu bantu batanu bari mu kazi batatu bahise bapfa, abandi bakaba bakuwemo banegekaye.

Ati:’Twahamagaje ambulance ubu irahageze kugira ngo abakomeretse mu buryo bukabije bajyanwe mu Bitaro”.

Gitifu Nshimiyimana avuga ko hataramenyekana aho abo bantu bakomeretse bajyanwa, ko Abaganga aribo bafata icyemezo.

Abahasize Ubuzima n’abakomeretse bakuwemo hakoreshejwe imashini.

Imbangukirahutabara zatwaye kwa muganga imirambo n’inkomere

MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW i Kamonyi.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *