Umugore ukekwaho kwiba Ihene yafatanywe inyama

Umugore yafatanywe ihene yamaze kuyibaga

Bugesera: Umugore uri mu kigero cy’imyaka 35 wo mu Murenge wa Rilima ,mu Kagari ka Nyabagendwa mu karere ka Bugesera ,ukwekwaho kwiba ihene,yayifatanywe yamaze kuyibaga.

Uyu mugore akekwa kwiba ihene y’umuturanyi we witwa Mutuyimana Marie Claire ayisanze aho yari iziritse.

Uyu ukekwa yabwiye BTN TV ko yabikoreshejwe n’inzara ndetse ko ko asanzwe atabanye neza n’uwo akekwaho kwiba ihene.

Ati “Nayitwaye aho yari iziritse ejo saa munani , nyisanze aho yari iziritse. Kwari ukugira ngo nyirye.”

Bamwe mu baturanyi b’uyu ukekwaho ubu bujura bavuga ko ari amahano kubona umugore yiba ihene akanayibagira.

Umwe ati “Ni amahano kumva ngo umugore yibye ihene arayibaga ,urumva tutaba duta agaciro abagore.”

Undi nawe ati “Ni amahano nibwo bwa mbere twabibona. Ubuyobozi ni ukumufunga, bakamuhana.”

Uyu mugore akimara gufatwa yabanje kujyanwa ku biro by’Akagari ka Nyabagendwa kugira ngo ahite ashyikirizwa inzego z’ibishinzwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rilima , SEBARUNDI Ephrem, yabwiye UMUSEKE ko yamaze gushyirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.

Ati “Ari kuri sitasiyo ya RIB Rilima , yafashwe ejo mu gitondo. Igikorwa cy’ubujura yakoze kiragayitse cyo kwiba umuturanyi. Nta wemerewe kwiba  uwo ari we wese ariko yahemukiye umuturanyi we. “

Akomeza ati “Icyo twasaba ni uko abantu nka bo bafite imico ,abaturanyi babo bajya babagaragaza hakiri kare bakigishwa aho kugira ngo iyo mico mibi ikure igere aho ivamo ibikorwa bibi byo kwiba mu buryo bugayitse.”

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *