Nyuma yo kwambikwa impeta n’umukunzi we ndetse bakanatangaza itariki y’ubukwe, Iradukunda Diane uzwi nka Didi Love yakorewe ibirori bya ‘Bridal Shower’ asezera ku rungano.
Didi Love, wamenyekanye cyane ku mbuga nkoranyambaga, yakorewe ibi birori ku wa 15 Kamena 2026, mu gihe akomeje imyiteguro y’ubukwe bwe na Johnkinsley Nwanko ukomoka muri Nigeria.
Muri ibi birori, ibyamamare ku mbuga nkoranyambaga no mu bushabitsi bagize umwanya wo kuririmbira Didi Love indirimbo zamukoze ku mutima kugeza aho asuka amarira.
Ni mu gihe gusezerana imbere y’Imana na byo bizabera aho i Rebero, nyuma yaho abatumiwe bakazakirirwa aho.
Johnkinsley Nwanko yakunze kugaragariza Didi Love urukundo amuha impano zitandukanye, na we akamwereka ko ari umugabo w’inzozi ze.
Didi Love ni umwe mu bakobwa b’ikimero gitangaje, akaba yarigeze kuvugwa mu rukundo na Kwizera Olivier, ukinira Ikipe y’Igihugu Amavubi na Rayon Sports.






NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW
