Ikigo cya Leta zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe kurwanya no gukumira indwara, cyatangaje ko abakekwaho Ebola bageze kuri 904 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ni mu gihe 119 bivugwa ari bo yahitanye.
Minisiteri y’Ubuzima muri RDC iheruka gutangaza ko muri iki gihugu by’umwihariko mu ntara ya Ituri, ari ho higanje abarwayi ba Ebola.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS, rivuga ko iki cyorezo ubu giteje inkeke ku kigero cyo hejuru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko ko ibyago by’uko cyakwiyongera ku rwego rw’isi bikiri bike.
Mu gihe inzego z’ubuzima zigerageza gutabara abagaragaweho ubu bwanduye, imitwe yitwaje intwaro iri muri Congo ishyirwa mu majwi yo kwitwikira ijoro ku hantu havurirwa abo barwayi bakahatwika.
OMS ivuga ko gutinda gutahura hakiri kare iki cyorezo, ukubura k’urukingo cyangwa imiti yihariye ivura iyi virusi, urugomo rukabije rukorwa n’imitwe yitwaje intwaro, ndetse n’urujya n’uruza ruri ku kigero cyo hejuru mu baturage, mu bituma Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) iba igihugu cyugarijwe cyane kurusha ibindi.
Ku wa Kane Uganda yahagaritse ingendo zose z’abantu n’ibintu zerekeza muri RDC mu rwego rwo gufasha guhagarika ikwirakwira ry’iyi virusi.
Iki gihugu nacyo kivuga ko kugeza ubu abarwayi bamaze kuba batanu kuko hagaragaye abarwayi batatu bashya .
UMUSEKE.RW
