Future Generation yegukanye ‘Esperance Football Tournament 2026’

Ikipe ishamikiye ku Irerero rya Future Generation, yegukanye igikombe cya ‘Esperance Football Tournament 2026’ nyuma yo gutsinda Naples kuri penaliti 4-2.

Umukino wa nyuma usoza iri rushanwa, wabaye ku wa 6 Nyakanga 2026 ku kibuga cya Tapis Rouge.

Future Generation itozwa na Mé Safari Ibrahim na Omar Rubangura, si benshi bayihaga amahirwe yo ku kwegukana iri rushanwa, cyane ko yari ikipe yiganjemo abakiri bato.

Iminota 90 yarangiye amakipe anganya 0-0, hitabazwa penaliti nk’uko amategeko y’iri rushanwa abiteganya.

Umunyezamu wa Future Generation, Twagirimana Emmanuel yakuyemo penaliti ebyiri, bituma ikipe yegukana igikombe ku ntsinzi ya penaliti 4-2.

Uyu munyezamu yabonye ibihembo bibiri, icy’umukinnyi witwaye neza ku mukino n’icy’umunyezamu mwiza w’irushanwa.

Umutoza w’irushanwa yabaye Mé Safari Ibrahim utoza Future Generation, umukinnyi w’iyi kipe, Nizeyimana Abdoul aba umukinnyi w’irushanwa mu gihe Mugisha Irené wa Stella FC yabaye umukinnyi muto w’irushanwa.

Nyarugabo Moïse wa Stella FC, ni we watsinze ibitego byinshi mu gihe ikipe ye yegukanye umwanya wa Gatatu nyuma yo gutsinda Kalisimbi FC ibitego 4-0.

Perezida wa Kiyovu Sports, Nkurunziza David, uw’Inama y’Ubutegetsi ya Rwanda Premier League, Hadji Yussuf Mudaheranwa, Umuyobozi w’irushanwa ’Esperance Football Tournament’, Ishimwe Claude, uwa La Jeunesse FC, Jules n’abandi batoza, bari mu barebye umukino wa nyuma.

Iri rushanwa ryakinwaga ku nshuro ya kabiri, risanzwe rizwiho gufasha abakinnyi kwigaragaza ndetse no kubafasha kongera imikino mu maguru.

Future Generation ni yo yegukanye igikombe cy’irushanwa ‘Esperance Football Tournament 2026’
Ibyishimo byari byinshi
Abayobozi batandukanye ni bo batanze ibi bihembo
Akanyamuneza ku batoza
Umutoza w’irushanwa
Umunyezamu w’irushanwa
Umukinnyi w’irushanwa (MVP)
Uwatsinze ibitego byinshi
Umukinnyi mwiza w’irushanwa mu bakiri bato
Ikipe ya Gatatu yabaye Stella FC
Ibyishimo

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *