Impuruza ya UN kuri Ebola yugarije Congo

Ebola ikomeje gukaza umurego muri Congo

Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO), Tedros Adhanom Ghebreyesus, yatangaje ko icyorezo cya Ebola kiri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) gishobora kuzaba ari cyo kizica abantu mu mateka y’iyi ndwara.

Tedros yabwiye abanyamakuru ko mu gihe Ebola ikomeje gukwirakwira ku muvuduko iriho ubu, icyorezo kiriho  gishobora kurenga icyabaye muri Afurika y’Iburengerazuba hagati ya 2014 na 2016, cyahitanye nibura abantu 11,000.

Icyorezo  cya Ebola yo mu bwa Bundibugyo kiri muri RDC cyatangajwe ku mugaragaro ku wa 15 Gicurasi 2026. Kugeza ku wa 11 Kanama 2026, abantu 4,566 bari bamaze kwandura mu gihe abandi 2,128 bari bamaze gupfa nk’uko bitangazwa n’inzego z’ubuzima.

Intara ya Ituri niyo yibasiwe cyane n’abanduye barenga 90 ndetse n’ibindi bice byiganjemo intara zo mu Burasirazuba bwa Congo.

Umuyobozi wa Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima muri Afurika, Dr. Mohamed Janabi, yavuze ko inzego z’ubuzima ziri mu rugamba rwo gukurikirana uko virusi ikwirakwira, ariko ko kugeza ubu hari aho iri kubarusha umuvuduko.

Yavuze ko ubushakashatsi bugaragaza ko virusi yatangiye gukwirakwira mu baturage kuva muri Gashyantare, ariko ko mu ntangiriro abarwayi bamwe basuzumwaga nabi, bagakekwaho kuba barwaye malaria cyangwa tifoyide, kubera ko ibimenyetso by’izo ndwara bisa n’ibya Ebola.

Uyu muyobozi wa OMS muri Afurika yasobanuye ko umutekano muke n’intambara bikomeje kugaragara mu burasirazuba bwa Congo, ahari icyorezo, na byo byongereye imbogamizi mu kugenzura ikwirakwira ry’iyi ndwara.

Hari impungenge ko iki cyorezo Ebola ku nshuro ya 17 kibaye muri RDC, gishobora kuba mu bikomeye igihugu cyigeze guhura na byo.

Imibare igaragaza ko icyorezo cya Ebola cyabaye mu Burengerazuba bwa Afurika hagati ya 2014 na 2016 ari cyo cyonyine  cyageze ku mibare y’abapfuye iri hejuru kurusha ubu.

Muri icyo gihe  icyorezo cyibasiye Guinea, Liberia na Sierra Leone, abantu 28,616 baranduye, naho 11,310 barapfa, ndetse bitwara hafi amezi atanu kuva cyatangazwa kugira ngo umubare w’abahitanywe na cyo ugere ku 1,000.

Muri RDC ho abamaze guhitanwa n’icyorezo cy’ubu barenze 2,000 mu gihe kitarenze amezi atatu, bikaba bigaragaza umuvuduko ukabije iri cyorezo kiri gukwirakwizwaho.

Mu cyorezo cya Ebola cyabereye muri RDC hagati ya 2018 na 2020, byatwaye amezi arenga 12 kugira ngo umubare w’abahitanywe na cyo ugere ku 2,000.

MUGIRANEZA THIERRY/UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *