Kylian Mbappé yakoreye amateka kuri Sénégal

Kapiteni w’ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa, Kylian Mbappé yabaye umukinnyi wa mbere w’iki gihugu utsinze ibitego byinshi mu mateka [58] nyuma y’ibitego bibiri yatsinze Sénégal.

Ni amateka yagezeho nyuma y’ibitego bibiri yatsinze Sénégal muri 3-1 batsinze iyi kipe iri mu zihagarariye Umugabane wa Afurika mu Gikombe cy’Isi 2026.

Uretse kuba Umufaransa w’ibihe byose [All-Time leading scorer] umaze gutsindira ikipe y’Igihugu ibitego byinshi, Mbappé ubu ni we Mufaransa uri ku rutonde rw’abamaze gutsinda ibitego byinshi mu mateka y’Igikombe cy’Isi aho amaze gutsinda 14.

Kylian w’imyaka 27, yakoze amateka yo kuba umukinnyi wa mbere utsinze ibitego bibiri kuzamura mu mikino itandukanye y’Igikombe cy’Isi.

Ibi yabigezeho nyuma yo kubitsinda Argentine mu 2018, Denmark mu 2022, bibiri yatsinze Pologne mu 2022, bitatu yatsinze Argentine mu mukino wa nyuma wa 2022 na bibiri yatsinze Sénégal mu ijoro ryashize.

Kylian Mbappé yakoze amateka yo gutsindira u Bufaransa ibitego byinshi mu mateka [58]
Ni umusore ukomeje gukora amateka

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *