Muhanga: Abashakanye bibukijwe inshingano zikomeye batuzuza

Meya Kayitare Jacqueline yanenze abagabo batakibazwa inshingano z'urugo

Mu gikorwa cy’umuganda ngarukakwezi, Meya Kayitare Jacqueline yanenze bamwe mu bashakanye bateshutse ku nshingano z’urugo bakaba bibera mu tubari.

Mu butumwa umuyobozi w’Akarere ka Muhanga yahaye abatuye umurenge wa Shyogwe, yagarutse ahanini kuri bamwe mu bagabo yise ibisambo batagihahira urugo, ahubwo makeya bakoreye bakayajyana mu nzoga, abana n’abagore bicira isazi mu jisho.

Ati: “Hari bamwe mu bagabo basigaye ku izina gusa, kandi inshingano z’urugo batazuzuza. Ese umugabo utita ku bana, ntiyite ku mugore babana murumva uwo mugabo dukwiriye kumwita dute?”

Yibukije abagize umuryango gushyira hamwe, bagasaranganya inshingano aho kuziharira bamwe.

Meya Kayitare avuga ko hari n’abo usanga banga gutunga miryango yabo, bakiherera mu tubari turi mu Midugudu batuyemo bakarya inyama mu rugo ntacyo bahasize.

Kayitare avuga ko kuri ubu hari na bamwe mu bagore basigaye bigana abo bagabo, bagata ingo zabo bakajya mu tubari cyangwa bagatinda mu masoko bise “Ndaburaye” akunze kurema bwije, kugira ngo bagere mu ngo bakererewe batagira icyo babazwa kijyanye n’inshingano zo kurera no kwita ku bana babyara.

Yongeyeho ati: “Iyo bigenze bityo ingo nk’izo ni zo usanga zirimo amakimbirane, abazirimo barangiza bakabigereka ku bana bitwaza ko abana b’ubu bananiranye, batacyumvira ababyeyi.”

Meya Kayitare yasabye abafite imyitwarire mibi nk’iyi kuyicikaho bagakura amaboko mu mifuko bagafatanya guteza imbere imiryango yabo.

Yabasabye kugarura indangagaciro z’umuco nyarwanda, no kwita ku burere bw’abana.

Mu bundi butumwa bwahatangiwe, harimo kwirinda inzoga zitujuje ubuziranenge n’ibiyobyabwenge cyane byangiza urubyiruko n’abakiri bato by’umwihariko, ahubwo bakagira ubutwari bwo guhitamo ibyiza bagacika kuri izo nzoga n’ibiyobyabwenge bibambura amahirwe igihugu cyabahaye.

Dr Doris Uwicyeza Picard Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB yibukije urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge
Abaturage nyuma y’umuganda rusange basabana n’abayobozi

MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Muhanga

Share This Article
1 Comment
  • Nibyo koko,abagabo bamwe bajyana amafaranga mu nzoga,brochettes,etc…ntibahahire urugo.Cyangwa bakayajyana mu nshoreke zabo (concubines).Kukita ku rugo rwawe,ni icyaha mu maso y’imana,kubera ko idusaba dutunga neza umuryango.Abajya mu nshoreke,nabo baba bakoze icyaha cy’ubusambanyi.Imana idusaba kuryamana gusa n’umugore umwe twashakanye.Ndetse ikatubuza gushaka abagore benshi,nubwo bamwe,kubera IRARI ryabo,babeshyera imana ngo ibemera gushaka abagore benshi.Tujye twumvira imana yaturemye,nibwo tuzabaho iteka mu bwami bwayo,ibanje kutuzura ku munsi wa nyuma nkuko ijambo ryayo rivuga.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *