Museveni ari kurahira bamwe bisanze muri gereza abandi mu bitaro

Polisi ya Uganda yatangaje ko irahira rya Perezida Yoweri Kaguta Museveni ryasize abantu batandukanye batawe muri yombi bashinjwa kwibira ahabereye uwo muhango no kubangama abandi bakajyanwa mu bitaro kwitabwaho biturutse ku bibazo bahagiriye.

Itangazo rya Polisi rivuga ko imihanda n’ahabereye irahira rya Perezida Museveni hose hari hatekanye, nta byaha bikomeye byabereye ahabereye irahira, mu myanya yarimo abakomeye umutekano wari umeze neza n’ahandi ko ariko hari abantu batawe muri yombi.

Mu mbuga ya Kololo i Kampala ubwo Museveni yarimo arahira hafungiwe abantu batatu bazira kwiba telefone, umwe ashinjwa ubujura busanzwe, barindwi bafunzwe bakekwaho guhungabanya ituze n’undi umwe arafungwa nyuma yo gufatanwa icyuma.

Igipolisi cya Uganda kivuga ko kandi hari abana babiri batoraguwe nyuma yo kuburana n’abari babazanye.

Hari kandi abantu 37 bajyanwe kwa muganga kubera kugira ibibazo by’ubuzima bagize ubwo bari ahaberaga irahira rya Perezida Museveni.

MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW

 

Share This Article