Mugisha Gilbert ukina mu busatirizi bw’ikipe y’Ingabo, yagaragaje ko we n’umugore we, Mpinganzima Josephine bari hafi kwibaruka imfura nyuma yo kurushinga mu Ukwakira 2025.
Ibi uyu mukinnyi yabigaragaje nyuma y’igitego yatsindiye ikipe ye mu mukino wa ½ wo kwishyura w’Igikombe cy’Amahoro wabaye ku wa Gatatu, tariki ya 13 Gicurasi 2026.
Mugisha Gilbert yatsinze kimwe mu bitego 3-1 ikipe yatsinze Etincelles FC ikanayisezerera ku giteranyo cy’ibitego 6-2 mu mikino yombi ya ½ mu iri rushanwa.
APR FC yahise ikatisha itike yo kuzakina na Rayon Sports ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro nyuma y’uko Murera yahageze isezereye Gorilla FC.
Mugisha na Mpinganzima bakoze ubukwe nyuma yo kumara imyaka itatu bari mu rukundo, ariko ku wa 25 Ukwakira 2024, biyemeza kubihamiriza imbere y’amategeko mu muhango wabereye Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo.
N’ubwo bakundanye mu 2022, si bwo bari bamenyanye kuko bari bamaze igihe baziranye nyuma yo kumenyana agikinira Rayon Sports, atarerekeza muri APR FC mu 2021.



UMUSEKE.RW
