Nyuma yo gutandukana na Mukura VS yari amazemo imyaka itanu, umunyezamu ukomoka muri Uganda, Nicolas Ssebwato, yahawe ikaze mu Amagaju FC.
Iyi kipe yo mu Bufundu ibicishije ku rukuta rwayo rwa X kuri uyu wa Kabiri, yemeje ko yamaze gusinyisha Ssebwato.
Uyu munyezamu wari umaze imyaka itanu muri Mukura VS, yasanze umutoza, Nshimiyimana Canisius babanye muri iyi kipe iterwa inkunga n’Akarere ka Huye.
Amagaju FC yemeje ko Nicolas yasinye amasezerano y’umwaka umwe.
Abandi bakinnyi iyi kipe imaze kugura, barimo Irutingabo Jean Boris ukomoka i Burundi, Niyonkuru Jean Pierre, Akingbande Gbenga David, Ayilara Samson Oladosu, Jordan Dimbumba Nzau.
Hari kandi Tuyisenge Pacifique, Potty Masimango Fiston na Ishimwe James.

UMUSEKE.RW
