Ikwirakwira rya Ebola muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ryatumye ubutegetsi bw’icyo gihugu butanga miliyoni 20 z’amadolari ya Amerika yo kurwanya iki cyorezo gikomeje guhitana imbaga y’abaturage.
Ibi byemejwe ku wa Mbere, tariki ya 25 Gicurasi 2026, na Minisitiri w’Ubuzima wa RDC, Roger Kamba, nyuma y’ikiganiro Minisiteri ayoboye yagiranye n’Ikigo cya Afurika gishinzwe kurwanya no gukumira indwara (Africa CDC).
Agakoko ka Ebola kandura habayeho guhura kw’amaraso, amavanginyo cyangwa imyenda y’abantu n’inyamaswa ziyirwaye. Itera umuriro ikarangwa no kuva amaraso, kuruka ndetse no guhitwa.
Amafaranga yashowe yitezweho gufasha Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugura ibikoresho, gutegura inama ndetse no gukurikirana iki cyorezo.
Imibare ivuga ko abantu barenga 200 bamaze guhitanwa n’iki cyorezo, abarenga 900 bakekwaho kwandura, naho abagera ku 1 600 bakaba bakurikiranyweho guhura n’abanduye.
Inzego z’ubuzima muri RDC zigaragaza kandi ko abagera ku 145 bari mu bitaro mu kato, mu turere tw’ubuzima 11 two mu ntara za Ituri, Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.
Minisitiri Roger Kamba avuga ko igihugu cye cyugarijwe n’iki cyorezo kurusha ibindi, kikaba cyaranagaragayemo ko cyamaze guhitana n’abaganga.
Kugeza ubu, Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi watangaje inkunga ingana na miliyoni 15 z’amayero yo gushyigikira ibikorwa byo kurwanya Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no muri Uganda.
Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo ntiratangaza uko ayo mafaranga azafasha abatuye intara za Kivu zombi, zifite ibice binini bigenzurwa na AFC/M23.
NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW
