Irerero rya Future Players Football Academy ryo mu Karere ka Musanze, ni ryo ryegukanye igikombe ku rwego rw’Igihugu mu irushanwa ry’abatarengeje imyaka 13 rya ‘Nkuriza KickStart U13 Youth League 2026.’
Iri rushanwa rikinwa n’abato batarengeje imyaka 13 ku rwego rw’Igihugu, ryasojwe kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 14 Kanama 2026. Amakipe 15 yahuriye mu mwiherero ku rwego rw’Igihugu, maze nayo yishakamo ikipe yagombaga kwegukana igikombe ku rwego rw’Igihugu.
Future Players FA yari ihagarariye Akarere ka Musanze, yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda AS Muhanga U13 igitego 1-0 ku mukino wa nyuma waranzwe n’imibare myinshi y’abatoza ku mpande zombi.
Umwanya wa gatatu, wegukanywe n’Irerero rya Amigo FA ryo mu Karere ka Rwamagana. Ryabigezeho ritsinze igitego 1-0 Musanze Youth yo mu Karere ka Musanze.
Nyuma y’irushanwa, hahembwe abakinnyi bitwaye neza, barimo uwatsinze ibitego byinshi, umunyezamu mwiza w’irushanwa, umukinnyi mwiza muto ndetse n’umukinnyi mwiza w’irushanwa.
Uko irushanwa rikinwa:
Nkuriza KickStart U13 Youth League, ikinwa ku rwego rw’Igihugu n’abana batarengeje imyaka 13. Buri kipe yegukanye igikombe mu Karere, ihita ikatisha itike yo kuzagahararira ku rwego rw’Igihugu iyo bigeze mu biruhuko bikuru [Grande Vacance].
Muri uyu mwaka, amakipe yitabiriye umwiherero ku rwego rw’Igihugu, ni 16 yawukoreye mu ishuri ry’amashuri yisumbuye rya Kageyo TSS riherereye mu Karere ka Gicumbi. Aba bana bakoze umwiherero w’iminsi ine kuva tariki 10-14 Kanama 2026.
Aya makipe yagabanyijwe mu matsinda ane aho muri buri tsinda harimo amakipe ane. Yabanje gukina akuranamo mu matsinda kugeza habonetse izizamuka muri ¼ kuzamuka kugeza habonetse izageze ku mukino wa nyuma.
Nyuma yo gusoza irushanwa ry’uyu mwaka, Umuyobozi Mukuru w’amarushanwa ya Nkuriza KickStart U13 Youth League, Shaban Mohamed, yavuze ko bishimira uko irushanwa ry’uyu mwaka ryagenze muri rusange ndetse ashimangira ko ikinini bishimira, ari uburyo babonye abana bagenda bakuza imikinire yabo.
Uyu Muyobozi yashimiye ubuyobozi bwa Kageyo TSS, bwabakiriye bukemera gufatanya nabo kugira ngo umwiherero bahakoreye ugende neza.
Ni ku nshuro ya gatatu iri rushanwa ngarukamwaka ryakinwaga, aho mu mwaka ushize ryari ryatashye i Musanze ubwo ryegukanwaga n’Irerero rya Musanze Youth. Ni irushanwa ryatangijwe na Nkuriza Suaibu, rigamije kugaragaza impano z’abato bakina ruhago.













UMUSEKE.RW
