Trump yateguje “operasiyo” idasanzwe yo kubohora Hormuz

Trump yateguje kubohora Hormuz

Donald Trump, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko guhera kuri uyu wa mbere igihugu cye kigiye kubohora amato yaheze mu muhora wa Hormuz binyuze mu gikorwa cya gisirikare yise “Project Freedom”.

Ubutegetsi n’igisirikare bya Iran kuva muri Gashyantare byafunze inzira y’umuhora wa Hormuz, ku buryo byemerera amato ya bamwe kuyinyuramo, abandi bikabangira.

Iyo nzira ya Hormuz yafunzwe na Iran ifatwa nk’inkingi ya mwamba mu bijyanye n’ibikomoka kuri peteroli ku Isi.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Donald Trump yavuze ko, ku nyungu za Iran, Uburasirazuba bwo Hagati na Amerika, bazafasha amato yaheze muri Hormuz kuva muri iyo nzira yafashwe bugwate na Iran.

Yagize ati: “Kugira ngo ashobore gukomeza mu bwisanzure kandi mu buryo ashoboye imirimo yayo.”

Trump yavuze ko Amerika yateguye operasiyo ya gisirikare yise “Project Freedom” kandi ko uzahirahira kuyitambika azahashywa n’imbaraga zidasanzwe.

Gusa yanavuze ko abahagarariye Amerika barimo kugirana ibiganiro byiza na Iran, kandi ko bishobora kugera ku kintu cyiza cyane ku mpande zombi.

Biteganyijwe ko abasirikare 15,000, amato y’intambara ashwanyaguza misile hamwe n’indege zirenga 100 ari byo Amerika izakoresha muri iyo operasiyo.

Ku rundi ruhande, Iran na yo yatangaje ko ukwivanga uko ari ko kose kwa Amerika mu nzira y’umuhora wa Hormuz kuzafatwa nk’ihonyorwa ry’agahenge.

Ku wa 2 Gicurasi, Trump yabwiye abanyamakuru ko, mu gihe Iran itakomeza kwitwara neza igakora ibyo yita ko ngo bidakwiye, bazasubukura kuyigabaho ibitero biremereye.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *