Umugabo witwa Emile usanzwe ari umucuruzi wo mu murenge wa Kinazi, mu karere ka Huye yatawe muri yombi akekwaho kwica umuntu aho bivugwa ko nyakwigendera yakubiswe ijeki.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kinazi avuga ko uriya mugabo yirwanagaho ubwo yari yatewe n’amabandi ashaka kumwambura amafaranga.
Byabereye mu mudugudu wa Cyegera, mu kagari ka Kinazi mu murenge wa Kinazi mu karere ka Huye.
Uriya mugabo witwa Emile usanzwe ari umucuruzi mu isantire iri ahazwi nko kuri Arete ubwo yari avuye iwabo mu kagari ka Nyamure, mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza yerekeje aho acururiza i Huye, yatezwe n’abantu bashaka kumwambura amafaranga arenga miliyoni yari mu modoka.
Abakurikiranye aya makuru bavuga ko uriya mucuruzi bikekwa ko yirwanyeho akubita abakekwaho kumutega ngo batamwambura amafaranga, akubita ijeki (igikoresho kifashishwa mu kuzamura amapine y’imodoka) umwe mu bamuteye arapfa.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kinazi mu karere ka Huye, Jean Marie Vianney Nkubana yabwiye UMUSEKE ko abateze uriya mugabo barimo n’uwapfuye bamutegeye mu nzira. Yavuze ko RIB iri gukora iperereza ku byabaye.
Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Amajyepfo CIP Kamanzi Hassan yabwiye UMUSEKE ko uriya mugabo yatezwe n’abantu batandatu mu nzira bashaka kumwambura amafaranga, yirwanaho umwe muri bo arapfa.
Yavuze ko hafashwe umwe akaba ari gukurikiranwa abandi bari gushakishwa.
Yagize ati “Uriya bikekwa ko yatezwe mu nzira yihamagariye Polisi na we akaba ari gukorwaho iperereza, aho yatawe muri yombi. Polisi na RIB bakomeje iperereza.”
Nyakwigendera wapfuye asanzwe akora akazi k’izamu.
Emile ukekwaho urupfu rwe afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Rusatira, afunganye n’umwe mu bakekwaho kuba yari mu bantu bamuteze.
Polisi iributsa abaturage gutangira amakuru ku gihe, ndetse ikabuza abaturage kwihanira, ikanabakangurira gukura amaboko mu mifuka bagakora birinda ibyabateza ibyago.
Theogene NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Huye
