Umukozi wa Kampani yishwe n’amashanyarazi

Ikusanyirizo ry'Amashanyarazi (Photo archives)

Bugesera: Ndayisaba Twisungane wari umukozi wa MBH Power Company yishwe n’umuriro w’amashanyarazi.

Iyi mpanuka y’umuriro w’amashanyarazi yabereye mu Mudugudu wa Majanja, Akagari ka Kabukuba, Umurenge wa Juru.

Gitifu w’Umurenge wa Juru, Ruzagiriza Vital yabwiye UMUSEKE ko Ndayisaba Twisungane w’imyaka 26 y’amavuko, yabyukiye mu kazi na bagenzi be.

Ku manywa yo kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 19/09/2026 ubwo bari bagiye guhuza insinga w’amashanyarazi, yanyereye ahita agwa kuri izo nsinga afatwa n’amashanyarazi.

Ati: “Abo bari kumwe babonye Ndayisaba afashwe n’umuriro baramwirukankana bamugeza kwa muganga ariko ameze nabi.”

Gitifu Ruzagiriza yavuze ko hashize umwanya muto Ndayisaba ahita apfa kuko yari yazahaye cyane.

Ruzagiriza avuga ko batabaje umuryango we  utuye mu Karere ka Nyanza  iyi mpanuka ikimara kuba, gusa abe bahageze basanga Ndayisaba yashizemo umwuka.

Gitifu Ruzagiriza avuga ko Ndayisaba asanzwe akorera Kampani ikorana na REG, ishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi muri kariya gace.

Umurambo wa Nyakwigendera wari ukuri mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Nyamata igihe twakoraga iyi nkuru, aho wajyanywe ngo ukorerwe isuzuma.

MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Bugesera

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *