Rusizi -Umugabo witwa Nturanyenabo Theobald wo mu murenge wa Nkungu bivugwa ko yatewe ibuye na mugenzi we, bimuviramo gupfa.
Inkuru y’uru rupfu yabaye ku wa Mbere tariki 24 Kanama, 2026 mu mudugudu wa Muhora, Akagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu.
Nturanyenabo Theobald w’imyaka 41 ku Cyumweru mu masaha ya saa 23h50 yashyamiranye na mugenzi we witwa Sinzabakwira Felix wo mu mudugudu Gikombe.
Uyu Sinzabakwira ngo yateye ibuye Nturanyenabo Theobald ariko ntasobanura aho yari muteye. Mu masaha ya saa 2hoo a.m Nturanyenabo yajyanywe kwa muganga ku Kigo Nderabuzima cya Nkungu yarembye.
Ku wa Mbere ku gicamunsi Muganga yaje gutanga urupfu rwa Nturanyenabo.
Bariya bagabo ngo bashyamiranye bari bavuye mu bukwe. Sinzabakwira ukekwaho urupfu rwa Nturanyenabo ari mu maboko ya RIB, afungiye kuri sitasiyo ya Kamembe.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nkungu, Habimana Emmanuel yemeje aya makuru, avuga ko ubutumwa baha abaturage, ari ukubakangurira gutanga amakuru ku gihe, no gukiranura abagiranye amakimbirane mu gihe bigaragaye ko bashobora kurwana, umwe akaba yavutsa undi ubuzima.
Yabasabye kwitwararika ku binyobwa bifite alcohol bakanywa gake.
Habimana Emmanuel asaba abatanga ibyo kunywa mu birori nk’ubukwe cyangwa mu tubari guha abakiliya babo ibinyobwa biri mu rugero, mu gihe babona ko bahembutse.
Ati “Aha ndabwira abategura ubukwe cyangwa ubusabane ubwo aribwo bwose.”
UMUSEKE.RW
