Umunyarwanda agiye gukina Shampiyona ikinamo CR7

Umukinnyi w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, Mugisha Bonheur wakiniraga Al-Masry yo mu Misiri, yabaye Umunyarwanda wa mbere ugiye gukina Shampiyona ya ‘Saudi Pro League’ yo mu Cyiciro cya mbere muri Arabie Saoudité, nyuma yo gusinyira Al-Hazem FC amasezerano y’imyaka ibiri.

Isinya rya Bonheur uzwi ku izina rya ‘Casemiro’, ryemejwe n’iyi kipe kuri iki Cyumweru, tariki ya 2 Kanama 2026.

Al-Hazem FC ikina mu Cyiciro cya mbere Arabie Saoudité, yemeje ko yasinyishije uyu mukinnyi wo hagati amasezerano y’imyaka ibiri.

Mugisha wari yaje muri Shampiyona Misiri avuye muri Stade Tunisien yo muri Tunisie.

Yakiniye kandi Al-Ahli Tripoli yo muri Libya, AS Marsa yo muri Tunisie, APR FC, Mukura VS na Heroes FC yamenyekaniyemo.

Casemiro abaye Umunyarwanda wa mbere ugiye gukina Shampiyona ikinamo abafite amazina manini mu Isi nka Cristiano Ronaldo n’abandi.

Mugisha Bonheur yahawe ikaze muri Al-Azem FC yo muri Arabie Saoudité
Casemiro yishimiwe n’ubuyobozi bw’ikipe ye
Nyuma yo gushyira umukono ku masezerano, yeretswe urukundo
Yari amaze umwaka akinira Al-Masry yo mu Misiri

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *