Hossam Hassan utoza ikipe y’Igihugu ya Misiri, yavuze ko mu mukino batsinzwemo na Argentine ibitego 3-2, umusifuzi yabogamiye ku kipe yabatsinze.
Ibi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma y’umukino wa 1/8 w’Igikombe cy’Isi wahuje Misiri na Argentine mu ijoro ryo ku wa 7 Nyakanga 2026.
Misiri yari yabanje kubona ibitego bibiri byatsinzwe na Ibrahim ku munota wa 15 na Ziko ku wa 67 ariko umukino utangira itsinzwe ibitego 3-2.
Abanya-Argentine batsindiwe na Romero ku munota wa 79, Lionel Messi ku wa 83 na Fernandez ku wa 90+2.
Nyuma yo gusezererwa muri iki Cyiciro, umutoza wa ‘Les Pharaohs’, Hossam yavuze ko bibwe Isi yose ireba.
Yagize ati “Niba bashaka ko Argentine itsinda ku kabi n’akeza kuki baduhamagara ngo tuze gukina?”
Yongeyeho ati “Ndavuga ibiri mu mutwe wanjye ntitaye ku ngaruka kuko ntibindeba. Muri uyu mukino turibwe kandi Isi yose yabibonye.”
Uretse uyu mutoza, benshi mu bakurikiye Igikombe cy’Isi cy’uyu mwaka, bakomeje gutunga urutoki Perezida wa FIFA, Gianni Infantino aho bamushinja ko akomeje kuba igikoresho cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.




UMUSEKE.RW
