Akurikiranyweho kubeshya imfu z’abamotari muri Nyagatare

Uyu musore avuga ko atabaza akarere ka Nyagatare n'Igihugu ku mfu z'abamotari bamburwa moto

Polisi y’Igihugu yatangaje ko umusore wasakaye ku mbuga nkoranyambaga yumvikana avuga ko abamotari bari gutegwa bakicwa i Nyagatare, yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gutangaza amakuru y’ibihuha.

Ku rubuga rwa X hari hasakaye amashusho y’umusore uvuga ko yitwa Mugisha Gad, akaba ngo ‘yatabazaga Igihugu n’Akarere ku  iyicwa ry’abamotari mu Murenge wa Rukomo mu Karere ka Nyagatare, bategwaga bakamburwa moto ubundi bakicwa, ababateze bagahungira muri Uganda.”

Uyu yavugaga ko no mu mujyi wa Nyagatare hiciwe umuntu akamburwa moto agakurwamo amaso.

Ku rubuga rwa X, Polisi Y’Igihugu yavuze ko aya makuru atari ukuri, ko kandi  uwabigizemo uruhare akurikiranyweho icyaha cyo gutangaza amakuru y’ibihuha, nk’uko biteganywa n’ingingo ya 39 y’Itegeko No 60/2018 ryo ku wa 22/08/2018 ryerekeye gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga.

Iti “Tuributsa buri wese kwirinda gutangaza no gukwirakwiza ibihuha, kuko bihanwa n’amategeko.”

Ingingo ya 39 y’Itegeko No 60/2018 ryo ku wa 22/08/2018 ryerekeye gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga ivuga ko Umuntu wese, ubizi, wifashishije mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa atangaza amakuru y’ibihuha ashobora guteza ubwoba, imvururu cyangwa ihohotera muri rubanda cyangwa ashobora gutuma umuntu atakarizwa icyizere, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu (3) ariko kitarenze imyaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshatu (3.000.000 FRW).

MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW

Share This Article