Nyuma yo gutsinda REG VC amaseti 3-1 muri ½ cy’Irushanwa Nyafurika ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo [CAVB Men’s Club Championship 2026], Police VC yakoze amateka yo kuba ikipe ya mbere ihagarariye u Rwanda igeze ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa.
Umukino wa ½ wahuje aya makipe yari ahagarariye u Rwanda, wabereye muri BK Arena mu ijoro ryo kuri wa gatanu.
Police VC yatangiye neza ndetse yegukana iseti ya mbere ku manota 25-20 ariko REG VC iragaruka itsinda iya kabiri ku manota 25-22.
Ikipe y’Igipolisi yagarutse yegukana iseti ya gatatu n’iyi kane ku manota 25-17 na 25-21.
Police VC yahise igera ku mukino wa nyuma w’irushanwa Nyafurika ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo [CAVB Men’s Club Championship 2026] nyuma yo gutsinda REG VC amaseti 3-1 mu mukino wa ½.
Iyi kipe y’Igipolisi izahura na Al Ahly VC yatsinze Petrojet VC y’iwabo mu Misiri.
Yahise iba ikipe ikoze aka gahigo ya mbere mu Rwanda mu zikina umukino wa Volleyball.









UMUSEKE.RW
