Abanyarwanda 317 bari barafashwe bugwate n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR mu bice bitandukanye byo mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) batahutse mu gihugu cyabo.
Abatahutse ku wa 24 Mata 2026 barimo abagabo 15, abagore 76 n’abana 226; bakiriwe ku mupaka munini wa La Corniche (OSBP) mu Karere ka Rubavu.
Aba Banyarwanda batahutse bahuriza ku kuba bari babayeho nabi mu mashyamba, bacunwa na FDLR bufuni na buhoro.
Hakizimana Innocent ni umwe mu batahutse mu Rwanda; avuga ko abarwanyi ba FDLR bari barabafashe bugwate ku buryo babaraga ubukeye.
Ati: “Ubuzima hariya hantu burakomeye; urakora bakakwambura. Mbega ni ugukorera inyeshyamba gusa. Kuba tubonye uko dutaha ni amahirwe. Abandi bakiriyo; icyo nabasaba ni uko na bo bataha.”
Dushime Janvier w’imyaka 28 na we avuga ko bari mu buzima bubi cyane, ku buryo abasore bangana bose binjijwe mu gisirikare ku ngufu.
Yagize ati: “Ubu ubona ndi umusore; bagenzi banjye bajyanywe mu gisirikare ku ngufu n’inyeshyamba, abandi twirirwaga twihisha kugira ngo batatubona.”
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Nzabonimpa Déogratias, yavuze ko igihugu cyungutse amaboko cyari cyarabuze.
Ati: “Kuba bakomeje gutaha bica intege umwanzi wari warabafashe bugwate, kuko aba ari amaboko abuze, kandi dukomeza gukorana na bo bakabwira bagenzi babo basigaye mu mashyamba bagataha.”
Yababwiye ko kuva muri RDC bakagaruka mu gihugu cyabo ari intambwe ikomeye bateye mu rugendo batangiye rwo kwiteza imbere iwabo, aho bazaba badahezwa ku iterambere kuko na bo bazarigiramo uruhare.
Abatashye mu Rwanda bari barashyizwe mu nkambi y’agateganyo ya Goma, nyuma yo kuva mu bice bitandukanye byo mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi igaragaza ko kuva muri Mutarama 2025 kugeza ku wa 24 Mata 2026, Abanyarwanda barenga 8,000 bamaze gutahuka mu Rwanda, bigobotoye ingoyi ya FDLR.



NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW
