Ambasaderi Urujeni Bakuramutsa yashyikirije Papa Leo XIV, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda i Vatican.
Ni igikorwa cyabaye kuwa 21 Gicurasi 2026, ubwo Papa yakiraga impapuro za ba Ambasaderi bashya b’ibihugu bya Sierra Leone, Bangladesh, Yemen, u Rwanda, Ibirwa bya Maurice, Namibia, Chad, na Sri Lanka.
Mu butumwa yabahaye, Papa Leo XIV ,yasabye ba ambasaderi kujyana ubutumwa bwe bw’ubushuti, icyubahiro n’amasengesho ku bakuru b’ibihugu baturukamo.
Papa yahamagariye ibihugu n’ababihagararira kubaka ikizere mu mubano mpuzamahanga , ashimangira ko dipolomasi igomba kurenga imbwirwaruhame nziza no gutanga ibisobanuro bitomoye.
Papa Leo XIV yashimangiye ko ibiganiro nyakuri bisaba umutima uhindutse n’ubushake mu gushakira inyungu rusange kurusha iz’umuntu ku giti cye.
Papa yasabye ibihugu kutirengagiza abakene
Ati “ Nta gihugu, muryango, cyangwa urwego mpuzamahanga rushobora kwiyita ko rutanga ubutabera kandi rurangwa n’ubumuntu, niba rugororera cyangwa rugereranya intsinzi yarwo ku mbaraga cyangwa ubukire gusa, mu gihe rwirengagiza abakene n’abatishoboye.
Papa yavuze ko na Yezu yakundaga bakene , abanyantege nke bityo nta mpamvu yo kubirengagiza.
Yasabye abo bayobozi gufasha Vatican na Kiliziya Gatorika mu butumwa bwayo bwo guteza imbere ibiganiro , ubwumvikane no gushakira amahoro Isi.
U Rwanda na Vatican bisanzwe bifitanye umubano w’igihe kirekire wubakiye ku ndangagaciro zihuriweho n’imikoranire ihamye.
UMUSEKE.RW
