Arsenal yashyikirijwe igikombe yirutseho mu myaka 22 ishize – AMAFOTO

Abakinnyi bishimira igikombe

Nyuma yo gutsinda Crystal Palace ibitego 2-1 mu mukino usoza Shampiyona y’u Bwongereza [Premier League], Arsenal yahise ishyikirizwa igoikombe cy’iyi Shampiyona yegukanye nyuma y’imyaka 22 igihiga.

Imikino isoza iyi Shampiyona, yabaye ku Cyumweru, tariki ya 24 Gicurasi 2025. Gusa uwari uhanzwe amaso kurusha indi, ni uwahuje Arsenal na Crystal Palace wabereye kuri Stade ya Selhurst Park.

Abarashi n’ubundi bari baramaze kwegukana iki Gikombe ku bw’intege nke za Manchester City bari bahanganye, batsindiwe na Gabriel Jesus na Noni Madueke mu gihe Crystal Palace yatsindiwe na Jean-Philippe Mateta.

Gutsinda uyu mukino byatumye Arsenal isoza iyoboye Premier League n’amanota 85. Mu mikino 38 yatsinzemo 27, inganya irindwi itsindwa itanu. Isoje imikino yayo nta penaliti itewe, nta n’ikarita y’umutuku ibonye.

Iyi kipe y’i Londres yakurikiwe na Manchester City yasoje Shampiyona ifite amanota 78, nyuma yo gutsindirwa na Aston Villa mu rugo ibitego 2-1.

Nyuma yo gusezera iyi kipe, Pep Guardiola, yakurikiwe na John Stones na Bernardo Silva na bo basezeye abafana bayo.

Rutahizamu wa Manchester City, Erling Haaland ni we watsinze ibitego byinshi [27] muri uyu mwaka w’imikino mu gihe Bruno Fernandes wa Manchester United ari we wakoze amateka yo gutanga imipira myinshi [21] ivamo ibitego [Assists].

Uko Shampiyona y’u Bwongereza yasojwe mu yindi mikino!

Muri iyi shampiyona amakipe arimo Burnley, Wolverhampton na West Ham United, ni yo yamanutse mu cyiciro cya kabiri, mu gihe Tottenham yararukotse nyuma yo gutsinda Everton igitego 1-0.

Muri Liverpool, Umunya-Misiri, Mohamed Salah wari watangaje ko atazakomezanya n’iyi kipe, yasoje Shampiyona asezera abafana bayo, ndetse ahabwa n’icyubahiro nk’umukinnyi wayifashije kwandika amateka.

Mu marushanwa yo ku Mugabane w’i Burayi, u Bwongereza buzahagararirwa n’amakipe atanu muri UEFA Champions League arimo Arsenal, Manchester City, Manchester United, Aston Villa na Liverpool.

Muri UEFA Europa League, u Bwongereza buzahagararirwa na AFC Bournemouth na Sunderland mu gihe Brighton & Hove Albion izabuhagararira muri UEFA Conference League.

Arsenal yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza nyuma y’imyaka 22
Abakinnyi bashimiye umutoza
Ni igikombe gisobanuye byinshi ku bakinnyi ba Arsenal
Ni abasore bakoranye amateka n’iyi kipe
Kapiteni wa Arsenal, Martin Ødegaard ubwo yishimiraga igikombe
Gabriel Magalhães ari mu bafashije iyi kipe
Gabriel Martinelli ni umwe mu bagiye batsindira iyi kipe ibitego
Max Dowman uri mu bato muri iyi kipe, yayifashije muri uru rugendo
Riccardo Calafiori yatsindiye ikipe ye ibitego byayihesheje amanota
Declan Rice ari mu babaye beza muri iyi kipe
Rutahizamu, Viktor Gyökeres yaje aje gufasha Arsenal none yabigezeho
Umubiligi, Leandro Trossard
William Saliba ari mu babaye inkingi ya mwamba muri iyi kipe
Myles Lewis-Skelly nawe ari mu bagendanye n’ikipe ye muri uyu mwaka
Rutahizamu, Kai Havertz ari mu bayitsindiye ibitego by’ingenzi
Eberechi Eze na bagenzi be bari mu byishimo
Umunyezamu, David Raya yabaye inkingi ya mwamba y’Abarashi
Gabriel Jesus byarangiye ahesheje Arsenal igikombe cya Shampiyona
Salah we yasezeye ku bakunzi ba Liverpool
Ari mu bakinnyi bazahora bibukwa kuri iyi Stade
Tottenham yarokotse kujya mu cyiciro cya kabiri
Aston Villa izakina UEFA Champions League

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *