Nsanzimfura Keddy yongereye amasezerano muri Kiyovu Sports

Nyuma yo kuyifasha kubona umwanya wa gatatu, Nsanzimfura Keddy ukina hagati mu kibuga ajyana imipira imbere, yongereye amasezerano y’imyaka ibiri muri Kiyovu Sports.

Urucaca rwasoje Shampiyona y’u Rwanda [BK Pro League] ruri mu makipe atatu ya mbere, rwahisemo kubanza kugumana abarwo beza kugira ngo bakomezanye urugendo rw’umwaka utaha w’imikino 2026-27.

Mu bahereweho, harimo Nsanzimfura Keddy wongereye amasezerano y’imyaka ibiri muri iyi kipe yo ku Mumena.

Keddy wazamukiye mu makipe y’abato ya Kiyovu Sports, yigeze kuyivamo mu 2020 ajya muri APR FC ariko aza gutandukana nayo agaruka aho we yita mu rugo.

Akigaruka mu Rucaca, ntabwo byakunze ko ahita akina kubera ibihano byo kutandikisha abakinnyi iyi kipe yari yarafatiwe na FIFA ariko nyuma y’umwaka umwe gusa ahita agaruka.

Nsanzimfura ni umwe mu beza bakiri bato bakina hagati mu kibuga agaburira imipira ba rutahizamu, ndetse akaba mwiza mu gutera imipira iteretse.

Yongereye amasezerano yiyongera ku barimo Mbonyingabo Regis, Nzeyurwanda Djihad, Byiringiro David na Chérif Bayo, bose bongereye amasezerano y’imyaka ibiri.

Aba bose kandi bariyongera kuri rutahizamu mushya iyi kipe yakuye muri Gicumbi FC, Lola Kanda Moise wasinye amasezerano y’imyaka ibiri.

Nsanzimfura Keddy yongereye amasezerano y’imyaka ibiri muri Kiyovu Sports

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *