Afurika y’Epfo: Abitwaje intwaro bishe abantu 12

Polisi yo muri Afurika y’Epfo iri guhiga bukware abagizi ba nabi bagabye igitero ku baturage kigahitana abantu 12.

Colonel Dimakatso Nevhuhulwi, umuvugizi wa Polisi, yemeje ko abandi bantu icyenda bakomerekeye muri icyo gitero cyabereye mu gace ka Jumpers i Cleveland, mu ijoro ryo ku wa Kabiri.

Yavuze ko abo bagizi ba nabi bagera ku icumi bari mu modoka yo mu bwoko bwa Toyota Quantum, barashe urufaya rw’amasasu ku baturage batarobanuye.

Nk’uko Reuters ibivuga, Col. Dimakatso yagize ati: “Abagabo 8 n’abagore 3 bakuru bahise bapfira aho byabereye.”

Yavuze ko nyuma yo gukora ubwo bwicanyi mu mududugudu w’akajagari, abo bagizi ba nabi binjiye mu modoka imwe barahunga.

Ati: “Undi muntu yaje kwitaba Imana ari mu bitaro. Impamvu y’icyo gitero ntiramenyekana.”

Afurika y’Epfo iri mu bihugu bifite umubare munini w’ubwicanyi ku isi, aho abantu bagera kuri 60 bicwa buri munsi.

Iki gihugu kinyanyagiyemo imbunda n’amasasu, bikunze gukoreshwa n’amatsinda y’abagizi ba nabi akunda kurasana mu ihangana ry’ubucuruzi butemewe.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *