Hillary Clinton yanenze ubutegetsi bwa Amerika

Former Secretary of State Hillary Clinton speaks outside the Chappaqua Performing Arts Center, after testifying before U.S. House lawmakers as part of a congressional investigation into convicted sex offender Jeffrey Epstein, Thursday, Feb. 26, 2026, in Chappaqua, N.Y. (AP Photo/Yuki Iwamura)

Nyuma y’uko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zangiye umusifuzi mpuzamahanga ukomoka muri Somalia, Omar Abdulkadir Artan kwinjira mur iki gihugu, Hillary Clinton wigeze kwiyamamariza kuba Perezida wacyo, yanenze ubutegetsi bwacyo bwafashe uwo mwanzuro.

Mu masaha 24 ashize, ni bwo mu bitangazamakuru bikomeye hirya no hino ku Isi, humvikanye inkuru yababaje benshi, yavugaga ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zangiye umunya-Somalia, Omar Abdulkadir Artan, kwinjira muri iki gihugu nyamara yari mu bazasifura Igikombe cy’Isi 2026 kizahabera.

Ni icyemezo cyanenzwe na benshi hirya no hino ku Isi aho bavuga ko Politiki itari kuvangwa n’umupira w’amaguru, cyane ko Somalia iri mu bihugu byafatiwe ibihano n’ubutegetsi bwa Perezida, Donald Trump, birimo gukumirwa mu bijyanye n’ingendo zijya muri Amerika.

Mu banenze uyu mwanzuro, harimo na Hillary Clinton wigeze kwiyamamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe za America mu 2016, wanenze bikomeye icyemezo cy’inzego z’ubuyobozi bw’iki gihugu zangiye Omar Artan w’Umunya – Somalia kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Biciye mu butumwa yanditse kuri konti ye ya X, Hillary yavuze ko ibyabaye biteye ikimwaro kuko ibikorwa bya Siporo nk’Igikombe cy’Isi, bibereyeho guhuza ibihugu no kunoza umubano aho kubuza abantu gusabana.

Ku wa 8 Kamena 2026 ni bwo Omar yangiwe kwinjira muri Amerika nyuma yo kugera ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Miami.

Inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka muri iki gihugu, ntizirasobanura impamvu yatumye uyu musifuzi asubizwa inyuma. Gusa harakekwa ko iki cyemezo cyaba gifite aho gihuriye n’uko Somalia iri mu bihugu byafatiwe ibihano n’ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump, birimo gukumirwa mu bijyanye n’ingendo zijya muri Amerika.

Ubwo yageraga iwabo kuri uyu gatatu, Omar yakiriwe nk’intwari ndetse umukuru w’Igihugu cya Somalia, Mohamed Farmaajo, yatangaje ko yagiranye ikiganiro n’uyu musifuzi, amwibutsa ko Igihugu cyose kifatanyije nawe kandi ari ikirango cy’igihugu cye.

Hillary Clinton wigeze kwiyamamariza kuyobora Leta Zunze za Amerika, yanenze inzego z’iki gihugu zabujije Omar Abdulkadir Artan kuhinjira
Icyemezo cya Amerika cyo kubuza Omar Abdulkadir Artan kwinjira ku butaka bw’iki gihugu, gikomeje kuvugisha benshi

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *