Iherezo ry’Icyorezo cya Ebola cyo mu bwoko bwa Bundibugyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rikomeje kwibazwaho kubera ubukana bwacyo mu gukwirakira no kwica abacyanduye, Minisiteri y’Ubuzima muri icyo Gihugu ivuga ko kugeza ku wa 25 Nyakanga 2026 hari hamaze kubarurwa abantu 3200 bacyanduye, 1405 barapfa.
Mu itangazo iyi Minisiteri yashyize hanze, yavuze ko Ebola imaze kugaragara mu ntara eshanu, ari zo Ituri, Kivu y’Amajyepfo, Kivu y’Amajyaruguru, Haut-Uélé na Tshopo, kuva muri Gicurasi 2026 ubwo iki cyorezo cyagarukaga muri RDC ku nshuro ya 17.
Intara ya Ituri ni yo ikomeje kuba izingiro ry’iki cyorezo, kuko ari ho habarizwa 90% by’abanduye bose. Mu duce 36 tw’ubuzima turi muri iyi ntara, 28 tumaze kugaragaramo abarwayi ba Ebola.
Kugeza ubu, abantu 778 bari mu bitaro aho bakomeje kwitabwaho n’abaganga. Inzego z’ubuzima muri RDC zivuga ko zishoboye gukurikirana 77.8% by’abantu bakekwaho kuba baranduye Ebola cyangwa abakekwaho kuba barahuye n’abanduye.
Hari impungenge ko iki cyorezo gishobora kuba mu bikomeye RDC imaze guhura na byo, bitewe n’umubare w’abamaze guhitanwa na cyo mu gihe gito ndetse n’uburyo abandura n’abapfa bakomeje kwiyongera, ku buryo mu minsi 10 hapfuye abarenga 500.
Umutekano muke n’imyumvire y’abaturage biri mu bishyirwa mu majwi ku kuba ari bimwe mu bikomeje gutuma ingamba zo guhashya iki cyorezo zidatanga umusaruro.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) riherutse gutangaza ko ryatangije igeragezwa rya mbere ry’umuti ugamije kurwanya virusi ya Ebola, mu rwego rwo kureba niba ushobora gufasha mu kurinda abantu kwandura ubu bwoko bwa Ebola buzwi nka Bundibugyo.
MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW
