Perezida Kagame yarebye umukino wa Paris St.Germain na Aston Villa

Perezida Kagame yarebye umukino Live

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup 2026, wahuje amakipe yombi yamamaza Visit Rwanda, Paris Saint Germain yo mu Bufaransa na Aston Villa yo mu Bwongereza.

Ikipe ya PSG ni yo yitwaye neza kuko yatsinze Aston Villa ibitego 2-1.

Uyu mukino wabereye muri Autriche mu mujyi wa Salzburg aho Visit Rwanda yongeye kuvugwa kuko aya makipe PSG imaze igihe yamamaza u Rwanda, anaho Aston Villa muri uyu mwaka w’imikino yasimbuye Arsenal mu kwamamaza Visit Rwanda.

Perezida Paul Kagame yabonanye n’abayobozi batandakanye barimo Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Africa CAF, Dr. Patrice Motsepe n’abandi bayobozi.

Khvicha Kvaratskhelia yafunguye amazamu ku ruhande rwa PSG hari ku munota wa 20 w’umukino, mu gihe Brian Madjo yishyuye hafi igice cya mbere kigiye kurangira.

Désiré Doué ku munota wa 61′ yatsinze igitego cyahesheje PSG kwisubiza iki gikombe yatwaye umwaka ushize.

Mu bayobozi bari kumwe na Perezida Paul Kagame harimo Dr. Patrice Motsepe uyoboye CAF

Khvicha Kvaratskhelia watsinze igitego cya mbere cya PSG
Brian Madjo watsindiye Aston Villa
Désiré Doué yatsinze igitego cyahaye intsinzi PSG

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *