Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda [FERWAFA], ryatangaje ko Nicholas De Long ukomoka mu Bwongereza, ari we mukozi ushinzwe Iterambere ry’Umupira w’abato muri iri Shyirahamwe.
Ni amakuru yatangajwe ku wa 17 Kanama 2026, biciye ku mbuga nkoranyambaga za FERWAFA. Iri Shyirahamwe ryemeje ko umwongereza, Nicholas, ari we washinzwe Iterambere rya ruhago y’abato muri iyi nzu.
De Long asanzwe afite uburambere mu mupira w’amaguru, cyane ko yakoze mu makipe y’ababigize umwuga arimo ay’iwabo nka Norwich City, Southampton, Posthmouth, Bristol Rovers n’izindi. Yaciye kandi mu makipe y’igihugu y’u Buhinde.
Nicholas aje gufatanya n’abandi barimo Frédéric Crebiller ushinzwe umushinga wa TDS n’abandi barimo Kanamugire Fidèle Ushinzwe Iterambere rya Ruhago muri FERWAFA.

UMUSEKE.RW
