Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Afurika y’Epfo, byatangaje ko Perezida w’icyo Gihugu, Cyril Ramaphosa yasabwe n’abaganga be kutajya mu ruhame, ahubwo akaruhuka kubera ibibazo by’ubuzima.
Perezida Ramaphosa yagiye ikibazo cy’ubuzima avuye mu Buhinde.
Itangazo ryasohowe na Perezidanse ku wa Gatatu tariki ya 16 Werurwe 2026, rivuga ko nyuma y’uko Cyril Ramaphosa atashye avuye mu Buhinde mu Nama y’Umuryango wa BRICS, yagiriwe inama n’abaganga be yo kuruhuka kugira ngo yongere kugira imbaraga.
Bisobanura ko Perezida yasabye ba Minisitiri kumuhagararira mu bikorwa biteganyijwe bishobora kumuhuza n’imbaga.
Ibiro bya Perezida ntibyasobanuye icyo Ramaphosa w’imyaka 73 arwaye cyangwa igihe azagarukira mu kazi ka muhuza n’abantu.
Uyu mukuru w’Igihugu agiye mu kiruhuko mu gihe na Visi-Perezida we Paul Mashatile na we amaze igihe atari mu kazi nyuma y’uko yari amaze igihe arwaye, ariko akaba yatangaje ko ari koroherwa.
BRICS ni itsinda ry’ibihugu byishyize hamwe, rikaba ryarashinzwe mu mwaka 2006 na Brazil, Uburusiya, Ubuhinde n’Ubushinwa.
Kugeza ubu rimaze kugira ibihugu 11, byiyongereye kuri biriya byaritangije, ibyo bishya bikaba ari Africa y’Epfo yaryiyunzeho mu 2011.
Misiri, Ethiopia, Iran, Saudi Arabia, na Leta zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) byaryiyunzeho mu 2024, nyuma hiyongeraho Indonesia mu 2025.
Hari ibindi bihugu 10 byagizwe abafatanyabikorwa ba BRICS mu 2025 ibyo bikaba ari Belarus, Bolivia, Cuba, Kazakhstan, Malaysia, Nigeria, Thailand, Uganda, Uzbekistan na Vietnam.
UMUSEKE.RW
