Abatoza 13 b’Abanyarwanda bari guhabwa amahugurwa mu ikipe ya Atlético Madrid yo muri Espagne, bahuye n’uwahoze ari rutahizamu ukomeye i Burayi, Fernando José Torres Sanz usigaye ari mu batoza b’amakipe y’abato muri iyi kipe.
Iminsi igiye kuba 10 bageze mu gihugu cya Espagne aho bagiye kongererwa ubumenyi biciye mu bufatanye bwa Visit Rwanda na Atlético Madrid yo muri icyo gihugu.
Mu gihe aba batoza 13 bakomeje gukorera amahugurwa mu bice bitandukanye by’iyi kipe, bahuye na Fernando José Torres Sanz wabaye rutahizamu ukomeye ku Mugabane w’i Burayi mu makipe manini.
Torres w’imyaka 42 wakiniye izirimo Chelsea na Liverpool zo mu Bwongereza, Atlético Madrid y’iwabo muri Espagne, AC Milan yo mu Butaliyani, asigaye ari mu batoza b’amakipe y’abato muri iyi kipe.
Yakiniye kandi ikipe y’Igihugu ya Espagne ndetse ari mu beza yatunze.








UMUSEKE.RW
