Abanye-Congo basaga ibihumbi 43 bari barahungiye mu Burundi ubwo ibice byo muri teritwari ya Uvira byaberagamo imirwano ikaze mu mpera za 2025, bamaze gusubira muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Ibi byemejwe na Minisitiri wa Leta ushinzwe Imibereho Myiza, Ibikorwa by’Ubutabazi n’Ubumwe bw’Igihugu wa RDC, Ève Bazaiba Masudi.
Aba ni abahunze imirwano ikomeye yabaye mu mpera z’umwaka wa 2025, ahanini mu bice bya Luvungi na Sange, mbere y’uko umujyi wa Uvira ufatwa na AFC/M23, ikaza kuwuvamo nyuma.
Minisitiri Bazaiba yabwiye Inama y’Abaminisitiri iherutse guterana ku nshuro ya 88 ko abaheruka gutaha bagera ku 1.454, bagize imiryango 398, batahutse ku bushake.
Yasobanuye ko iryo tahuka ryakozwe binyuze mu matsinda abiri y’imodoka zabakuye mu nkambi ku wa 20 na 30 Mata 2026.
Minisitiri Bazaiba yashimangiye ko abatahutse muri ibi byiciro biyongera ku bandi bagera ku 42.982 batahutse mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo bavuye mu Burundi.
Yagaragaje kandi ko hateganyijwe ko impunzi zisaga 1.000 zizajya zifashwa gusubira mu bice zaturutsemo buri cyumweru.
Yavuze ko iryo tahuka ku bwinshi rizagirwamo uruhare rukomeye n’umupaka wa Kavimvira n’indi yagenzurwaga na AFC/M23, ikaba yarasubiye mu biganza bya FARDC.
Leta ya Congo ivuga ko uko gutahuka kwatijwe umurindi no kwivana kwa AFC/M23 mu bice yari yarafashe, kubera igitutu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

