Athlétisme: U Rwanda rwegukanye umudari wa kabiri muri Ghana

Nyuma yo kuba uwa mbere muri Shampiyona Nyafurika y’Imikino Ngororamubiri iri kubera i Accra muri Ghana, Imanizabayo Emeline akegukana umudali wa Zahabu, mugenzi we, Niyonkuru Florence yegukanye umudali wa Feza.

Niyonkuru Florence yegukanye uyu mudali wa Feza muri Shampiyona Nyafurika y’Imikino Ngororamubiri ikomeje kubera muri Ghana, nyuma yo kuba uwa kabiri mu gusiganwa metero ibihumbi 10, akoresheje iminota 31, amasegonda 43 n’ibice 73.

Florence yiyongereye kuri Imanizabayo Emeline uherutse kwegukana umudari wa zahabu ubwo yabaga uwa mbere mu gusiganwa ku maguru muri metero 5000.

Bombi bafite imidali ibiri u Rwanda rumaze kwegukana mu mateka yarwo muri iyi Shampiyona Nyafurika y’Imikino Ngororamubiri.

Ni imidari yombi yabonetse mu irushanwa riri kubera muri Ghana kuva tariki ya 12 kugeza ku ya 17 Gicurasi 2026.

Abaturutse mu bihugu 54, ni bo bitabiriye iri rushanwa riri gukinwa ku nshuro ya 24.

Niyonkuru Florence yegukanye umudali wa Feza muri Shampiyona Nyafurika yo Gusiganwa ku Maguru iri kubera muri Ghana
Ni umudari wa kabiri Abanyarwanda begukanye nyuma y’uwa zahabu wegukanywe na Emeline

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *