Browsing author

HABIMANA Sadi

Ntawe ukira asongwa! Abakinnyi ba Kiyovu bahagaritse imyitozo

Ntawe ukira asongwa! Abakinnyi ba Kiyovu bahagaritse imyitozo

Abakinnyi ba Kiyovu Sports, bafashe umwanzuro wo guhagarika imyitozo kubera ko bishyuza imishahara baberewemo n’ubuyobozi. Mu gihe iri kwitegura umukino wa Police FC w’umunsi wa 22 wa shampiyona, muri Kiyovu Sports hakomeje kumvikana inkuru mbi zo guhagarika imyitozo. Amakuru UMUSEKE wakuye ku kibuga cy’imyitozo cya Kigali Pelé Stadium, ni uko abakinnyi bahisemo kwanga kwitabira imyitozo […]

Yabaye ikitegererezo kuri benshi! Urwibutso rwa Jean Lambert Gatare

Yabaye ikitegererezo kuri benshi! Urwibutso rwa Jean Lambert Gatare

Ubwo habaga umugoroba wo kugaruka ku buzima bwa Nyakwigendera, Jean Lambert Gatare wabaye umunyamakuru mwiza mu myaka yose yamaze muri uyu mwuga, hatanzwe ubuhamya bugaragaza ko benshi bamukuyeho ubumenyi bwabafashije kuba abo bari bo kugeza ubu mu mwuga w’Itangazamakuru. Ku wa 27 Werurwe 2025, ni bwo habaye umugoroba wo kugaruka ku buzima bw’Umunyamakuru uherutse kwitaba […]

Basketball: Umunya-Nigeria agiye gutoza muri NBA

Basketball: Umunya-Nigeria agiye gutoza muri NBA

Umutoza w’ikipe y’Igihugu y’Abagore ikina Basketball, Rena Wakama, yahawe akazi muri Chicago Sky ikina shampiyona y’Icyiciro cya mbere ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nk’umutoza wungirije. Ibi byatangajwe biciye ku mbuga nkoranyambaga z’iyi kipe, aho bahaye ikaze uyu mugore ufite izina rinini muri Basketball yo muri Nigeria. Reba Wakama, azaba yungirije, D’ Tigress […]

Breaking news: Bayingana Innocent yagaruwe mu nshingano za AS Kigali

Nyuma yo guhagarikwa mu nshingano yari ashinzwe zo gushingwa Ubuzima bwa buri munsi bwa AS Kigali (Team management), Bayingana Innocent yasubijwe muri izo nshingano. Mu minsi ishize, ni bwo hatangajwe amakuru y’uko Bayingana yahagaritswe mu kazi nyuma y’uko atongerewe amasezerano kuko andi yari ararangiye. Nyuma y’iminsi mike gusa, uyu mugabo yagaruwe mu nshingano kuri uyu […]

Argentine yanyagiye Brésil ihita ikatisha itike y’Igikombe cy’Isi

Mu mukino warimo amahane menshi, ikipe y’Igihugu ya Argentine ibifashijwemo n’abarimo Julián Álvarez, yatsinze Brésil ibitego 4-1. Uyu mukino wabaye mu ijoro ryo ku wa Kabiri wa tariki ya 25 Werurwe 2025. Abanya-Brésil, bari babanje kwihenura ku banya-Argentine, bavuga ko bazabatsindira iwabo. Ku munota wa Kane gusa, Julián Álvarez yari afunguye amazamu. Ntibyatinze kandi, E. […]

Kigali: Hafashwe abajura ruharwa bateraga ibyuma abaturage bakabambura

Mu Kagari ka Munanira II, Umudugudu wa Ntaraga, Umurenge wa Nyakabanda, Akarere ka Nyarugenge, mu Mujyi wa Kigali, hafashwe abajura bane ba ruharwa bateraga ibyuma abaturage bakabambura ibyabo. Ibi byabaye mu ijoro rya tariki ya 25 Werurwe 2025, ubwo Polisi y’u Rwanda yataga muri yombi aba ba ruharwa bari bamaze igihe bahigwa bukware kubera ubugizi […]

Hahishuwe impamvu Adel Amrouche atari kuganira n’Itangazamakuru

Umutoza wungirije w’ikipe y’Igihugu, Nshimiyimana Eric, yahishuye ko Adel Amrouche yungirije, amaze iminsi arwaye bikaba impamvu yo kutaganira n’Itangazamakuru. Mbere gato y’umukino wahuje Amavubi na Nigeria i Kigali, Eric ni we wagiranye ikiganiro n’Itangazamakuru avuga ko biteguye. Ibi byongeye kwisubiramo mbere y’umukino wa Lesotho wabaye kuri uyu wa Kabiri. Na nyuma y’uyu mukino, uyu munya-Algérie, […]

Ibintu bikwiye gutuma buri Munyarwanda aza kureba Amavubi na Lesotho

Mu gihe habura amasaha atari mensh ingo ikipe y’Igihugu, Amavubi, yakire Lesotho mu mukino wo kwishyura mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026, hari ibikwiye gutuma uyu mukino witabirwa n’Abanyarwanda ndetse n’Abatura-Rwanda. Saa Kumi n’Ebyiri z’Umugoroba kuri uyu wa Kabiri, kuri Stade Amahoro i Remera, hateganyijwe umukino uza guhuza u Rwanda na Lesotho. Ni umukino ufite […]

Dauda Yussif muri Yanga SC?

Nyuma y’amakuru aturuka muri Tanzania avuga ko Yanga SC iri mu zikunzwe kurusha izindi muri iki gihugu, yaba yarakomanze muri APR FC yifuza Dauda Yussif ukina hagati mu kibuga, ubuyobozi bw’ikipe y’Ingabo, buhakana ko busabe busaba uyu mukinnyi bigeze babona. Umwe mu beza bakina hagati mu kibuga baguzwe na APR FC muri uyu mwaka w’imikino […]

Ibiciro bya “Zakatul Fitri” byazamuwe mu Rwanda

Ubuyobozi bw’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC), watangaje ko ibiciro ku bifuza gutanga inkunga ihabwa abatishoboye ku munsi wa ‘Eid’ izwi nka “Zakatul Fitri”, izatangwa mu cyiribwa cy’umuceri kiri mu bikunzwe cyane mu Rwanda. Ubusanzwe, mu myaka yashize, hatangwaga ibiribwa bibiri birimo umuceri n’ibishyimo. Buri musilamu, yatangaga icyo ashoboye muri ibi biribwa byombi. Muri uyu mwaka, […]