Browsing category

Amahanga

M23 yijihije imyaka 12 imaze isura abarwayi

Mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 12 umutwe wa M23 umaze ushinzwe, mu bikorwa byakozwe hibanzwe ku barwayi bahawe impano zitandukanye. Ku wa 06 Gicurasi nibwo umutwe wa M23 wizihije itariki wavutseho mu mwaka wa 2012 nyuma yuko muri 2009 abawugize bari bagiranye amasezerano atarubahirijwe na leta yari iyobowe na Joseph Kabila bigatuma bivana mu gisirikare cya […]

AFC/M23 yihanangirije abayo bazijandika mu bucuruzi bw’amabuye y’agaciro

Ihuriro AFC ry’imitwe ya politiki n’iyitwaje intwaro irwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo ryasabye abarigize bose kudahirahira bishora mu bikorwa by’ubucuruzi n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu bice byose ryigaruriye. Ni mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa 07 Gicurasi 2024, rivuga ko kizira kikaziririzwa kuba hari umunyepolitiki wo muri iri huriro cyangwa umusirikare wa […]

Umutwe wa Hamas ugiye guhagarika imirwano

Ubuyobozi bwa Hamas bwatangaje ko bwemeye ingingo zigize amasezerano yo guhagarika imirwano muri Gaza. Itangazo uyu mutwe washyize hanze,  rivuga ko iki cyemezo wakimenyesheje abahuza bo muri Qatar na Misiri. Ibisobanuro birambuye kuri aya masezerano birimo igihe guhagarika imirwano bizamara nicyo bisobanuye ku ngwate z’abanya Isiraheli Hamas ifite muri Gaza ntibyari byatangwa. Gusa aya masezerano […]

Congo yingingiye Perezida wa Angola guhana u Rwanda

Nyuma y’iminsi hatewe amabombe ku nkambi y’impunzi ya Mugunga mu Mujyi wa Goma, ubutegetsi bwa Kinshasa bwasabye perezida wa Angola, João Lourenço gufata inshingano zose zijyanye no guhana u Rwanda no kwambura ku ngufu ubutaka umutwe wa M23 wigaruriye. Ni mu itangazo ryashyizwe hanze ku mugoroba wo ku wa 06 Gicurasi 2024, rije nyuma y’iminsi […]

Uganda na DR.Congo byaganiriye ku bikorwa bya gisirikare bihuriyemo

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yagiranye ibiganiro n’uwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Gen. Christian Tshiwewe Songesa. Ibiganiro byabo byabereye mu gace ko muri Congo kegereye urubibi rwa Uganda ahitwa Kasindi. Mu byo baganiriye harimo ibikorwa bya gisirikare ibihugu byombi bihuriyeho byo kurwanya ibyihebe byo mu mutwe wa ADF, byitwa Operation Shujaa. […]

Netanyahu yihanangirije Urukiko rwa ICC

Minisitiri w’Intebe wa Israël, Benjamin Netanyahu, yihanangirije Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) ko niruramuka rutangaje impapuro zo guta muri yombi abayobozi bakuru ba Israël, ruzaba rwiteye icyasha. Ibi Minisitiri w’Intebe wa Israël, Netanyahu yabitangaje ku ya 5 Gicurasi 2024 mu ijambo yavugiwe kuri Televiziyo. Uyu mutegetsi yavuze ko Urukiko rwa ICC ruramutse rutangaje impapuro zo guta […]

Rurageretse hagati ya Tshisekedi n’uruganda rwa Apple

Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Kongo, Felix Antoine Tshisekedi akomeje kwikoma sosiyete ya Apple avuga ko ikomeje gukinira ku maraso y’inzirakarengane z’Abanyekongo ibyo avuga ko bikwiriye guhagarara. Apple ni uruganda rutura rukora ibikoresho by’ikoranabuhanga ku Isi, rubarirwa agaciro ka tiriyari $2.6. Uru ruganda rugurisha ahanini telephone za iPhone, ibikoresho bya iPad na mudasobwa zikoresha […]

Bujumbura: Hatewe grenade zikomeretsa abaturage

Abantu barindwi mu mujyi wa Bujumbura bakomerekejwe na Grenade zatewe mu Kamenge muri Komine Ntahangwa mu Mujyi wa Bujumbura. Ubutegetsi bwakoze umukwabu wo guhiga abagizi ba nabi bakoze icyo gikorwa. Izi grenade zatewe kuri iki cyumweru mu tubari ubwo abantu bafataga ibyo kunywa abandi bihereza amafunguro. Abateye izi grenade bigaragara ko bari babiteguranye kuko ku […]

Inyeshyamba za M23 ziravugwa i Kalehe

Inyeshyamba za M23 zikomeje gufata ibice bitandukanye muri Kivu ya Ruguru, no muri Kivu y’Epfo, ubu ziravugwa mu gace ka Kalehe. M23 imaze kugera mu duce twa Gasheberi, Gasake, na Bweramana izi nyeshyamba ziravugwa i Kalehe. Umwe mu baturage bo muri kariya gace yumvikanye avuga ko ingabo z’u Burundi zari ziharinze zahahunze zerekeza i Minova. […]

SADC yateguje kugaba ibitero ku nyeshyamba za M23

Umuryango w’ibihugu bya Africa y’Amajyepfo, ufite ingabo ziri mu Burasirazuba bwa Congo, wateguje kugaba ibitero ku nyeshyamba za M23 ushinja kwica abasivile. Itangazo SADC yasohoye ivuga ko yamagana igitero “cyagabwe na M23 ku baturage bahunze intambara mu burasirazuba bwa Congo”. Amabombe yaguye ku nkambi ya Mugunga ku wa Gatanu yahitanye abaturage b’abasivile 16 hakomereka abandi […]