Browsing category

Andi makuru

Amajyepfo: Hatashywe inzu Ashukuru Organisation yubakiye abatishoboye

Ku bufatanye bw’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda, ufatanyije n’ubw’Umuryango wa “Ashukuru Organisation”, uhagarariwe na Sheikh Kabiriti Uthman, hatashywe inzu umunani zubakiwe abatishoboye mu Intara y’Amajyepfo. Aya mazu yatashywe ku wa 5 Mata 2025. Abarimo Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza, Sheikh Kabiriti Uthman ndetse n’abari bahagarariye Ubuyobozi bw’Abayisilamu mu Rwanda, bari muri uyu muhango. Abubakiwe aya mazu, ni […]

Guverinoma yemeje urupfu rwa Alain Mukuralinda

Guverinoma y’u Rwanda, yemeje ko Alain Mukuralinda wari Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda yitabye Imana aho yari arwariye mu Bitaro byitiriwe umwami Faisal i Kigali. Ni ibyemejwe n’ibiro by’ubuvugizi bwa leta y’u Rwanda kuri uyu wa 04 Mata 2025 nk’uko itangazo ryashyizwe hanze ribigaragaza. Guverinoma y’u Rwanda yagize iti “Tubabajwe no gutangaza urupfu rw’umuvugizi […]

Bugesera: Abayislamu basabwe kurangwa n’imico myiza no kwimakaza urukundo

Ubwo hasozwaga gusengwa isengesho risoza ukwezi gutagatifu kwa “Ramadhan” ku bayisilamu, Abayislamu bo mu Akarere ka Bugesera mu Murenge wa Mwogo ho mu Intara y’i Burasirazuba, basabwe kurangwa n’imico myiza no kwimakaza urukundo mu bikorwa bya buri munsi bakora byo kugandukira lmana kuko idini rya Islam itoza urukundo no kuba inyangamugayo mu bandi. Ibi babisabwe […]

Gasabo: Abahoze mu buraya bahawe ibikoresho by’ubudozi

Abagore bo mu murenge wa Rutunga, mu karere ka Gasabo bahoze bakora uburaya barishimira ko bahawe ibikoresho by’ubudozi bizabafasha kwiteza imbere badategereje kubaho ari uko baryamanye n’abagabo bakabahonga amafaranga. Ni abagore 40 bibumbiye mu Itsinda Twiyubake bahoze bakora uburaya ariko bakiyemeza kubuvamo kuko babonaga nta terambere bashobora kugeraho. Umuyobozi w’iri tsinda avuga ko mu rugendo rwo […]

Kigali: Hafashwe abajura ruharwa bateraga ibyuma abaturage bakabambura

Mu Kagari ka Munanira II, Umudugudu wa Ntaraga, Umurenge wa Nyakabanda, Akarere ka Nyarugenge, mu Mujyi wa Kigali, hafashwe abajura bane ba ruharwa bateraga ibyuma abaturage bakabambura ibyabo. Ibi byabaye mu ijoro rya tariki ya 25 Werurwe 2025, ubwo Polisi y’u Rwanda yataga muri yombi aba ba ruharwa bari bamaze igihe bahigwa bukware kubera ubugizi […]

Umunyamakuru Jean Lambert Gatare yitabye Imana

Umunyamakuru Jean Lambert Gatare wakoreye ibitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda, yitabye Imana mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatandatu, aguye mu Buhinde aho yari yaragiye kwivuriza. Urupfu rw’uyu mugabo rwamenyekanye mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu tariki 22 Werurwe 2025. Jean Lambert Gatare yari amaze iminsi yaragiye kwivuriza mu Buhinde. Ku wa Gatanu tariki 21 […]

Imbamutima z’abanyeshuri biteguye guserukira u Rwanda muri PISA 2025

Abanyeshuri bo mu bigo byatoranyijwe kuzakora isuzumabumenyi mpuzamahanga rya PISA 2025 basabwe kubyaza umusaruro ayo mahirwe no guhagararira neza u Rwanda, baruhesha ishema mu bihugu 91 bazahurira muri iryo suzuma. Isuzumabumenyi rya PISA (Program for International Student Assessment), risanzwe ritegurwa buri myaka 3 kuva muri 2000, rikaba rikorwa n’Umuryango mpuzamahanga witwa OECD, uvugurura politiki z’Ubukungu […]

Amashuri 213 yo mu Rwanda azitabira isuzuma Mpuzamahanga rya PISA

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu Gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), bwatangaje ko amashuri yo mu Rwanda 213 arimo abanyeshuri 7445 ariyo azitabira isuzuma Mpuzamahanga ry’abanyeshuri rya PISA 2025, rigamije gupima ubushobozi bw’abanyeshuri mu gukoresha ubumenyi bwabo mu buzima bwa buri munsi. Dr. Bahati Bernard, Umuyobozi Mukuru wa NESA, yatangaje ibi ku wa 17 Werurwe 2025, ubwo yatangizaga […]

NESA igiye gutangiza ubukangurambaga bujyanye na PISA 2025

Minisiteri y’Uburezi ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) iratangiza ku mugaragaro ubukangurambaga bujyanye n’isuzuma mpuzampahanga rya PISA 2025. Ubu bukangurambaga buzatangira ku wa 17 Werurwe kugeza ku wa 6 Mata, hanyuma bwongere gukomeza kuva ku wa 15 Mata kugeza ku wa 26 Mata 2025. Ubu bukangurambaga bugamije gusobanurira abarebwa n’uburezi bose, barimo […]