Browsing category

Andi makuru

Abagide bari mu cyumweru cyo kuzirikana ibikorwa by’urukundo

Umuryango w’Abagide mu Rwanda watangiye icyumweru cy’ibikorwa by’urukundo, gufasha abatishoboye no kwitegura umunsi wo kwibuka Baden Powell, washinze uwo muryango. Buri kwezi kwa kabiri, uyu muryango ugira icyumweru cy’ubugide aho ukora ibikorwa bitandukanye by’urukundo n’iby’ubwitange. Muri iki cyumweru, Abagide bo mu Rwanda bazibanda ku nsanganyamatsiko igira iti: “Inkuru yacu igaragaza ikimenyetso n’indangagaciro z’umuryango wacu.” Mu […]

Guverinoma yihanganishije ababuze ababo mu mpanuka ya bisi

Guverinoma y’u Rwanda yihanganishije imiryango y’ababuze abayo mu mpanuka ya bisi itwara abagenzi, yahitanye abantu 20, abandi bagakomereka. Iyi mpanuka yabereye mu Murenge wa Rusiga, mu Karere ka Rulindo, kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 11 Gashyantare 2025. Ubutumwa bwo kubihanganisha bugaragara mu itangazo ryashyizwe ku rubuga rwa X, ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, Dr […]

Leta y’u Rwanda yihanganishije imiryango yishwe n’ibisasu byaturutse muri DRC

Biciye mu Inama y’Abaminisitiri, Leta y’u Rwanda yihanganishije imiryango y’Abasivili 16 bo mu Karere ka Rubavu, bahitanywe n’ibisasu biherutse kuraswa ku butaka bw’u Rwanda biturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DR) mu mirwano iherutse kubera mu Mujyi wa Goma w’iki gihugu. Ku wa 10 Gashyantare 2025, ni bwo hateranye Inama y’Abaminisitiri yabereye muri Village […]

Gasabo: Hatewe ibiti by’imbuto bizafasha mu guhangana n’imirire mibi

Sosiyete mpuzamahanga y’ubwikorezi bw’ibicuruzwa biremereye, Multilines International Rwanda, yateye ibiti by’imbuto ifatanyije na DHL Global Forwarding mu Mudugudu w’Icyitegererezo wa Rubingo, uherereye mu Murenge wa Jali, Akarere ka Gasabo. Iyi gahunda yo gutera ibiti by’imbuto 300 birimo amavoka, amapapayi, amaronji, amapera, n’ibindi, yakozwe mu rwego rwo gushyigikira imibereho myiza y’abana no kubungabunga ibidukikije, kuri uyu […]

Imiryango 5 y’Abanyarwanda yari yarashakiye muri Congo yahunze imirwano

Rusizi: Imiryango itanu  igizwe n’abantu  32 y’abagore n’abana babo,bari barashakanye n’abagabo bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagarutse aho bavuka mu Murenge wa Nkombo mu karere ka Rusizi mu Ntara y’iburengerazuba, kubera imirwano ica ibintu muri Congo. Nyirandimubenshi Yvette yabwiye UMUSEKE ko yavukiye mu Murenge wa Nkombo,ashakana n’umugabo wo muri DRC ahitwa i Karehe. […]

Amaraso mashya mu rwego rw’uburezi

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu muri Village Urugwiro iyobowe na Perezida Paul Kagame yashyizeho abayobozi batandukanye barimo Umuyobozi Mukuru w’Inama y’Igihugu ishinzwe Amashuri Makuru na Kaminuza (HEC), n’abayobozi bungirije mu Rwego rw’lgihugu rushinzwe Uburezi bw’lbanze (REB) no mu Kigo cylgihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA). Ni ibikubiye mu byemezo by’ Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri […]

Gicumbi: Abagore baravugwaho gupyinagaza abagabo bashakanye  

Abagore bo mu karere ka Gicumbi by’umwihariko abatuye mu Mirenge ya Giti, Rwamiko, Bukure n’ undi Murenge byegeranye wa Rutare, baravugwaho gukorera ihohoterwa abagabo bashakanye bishinjikirije uburenganzira bavuga ko bahawe. Mu kiganiro UMUSEKE wagiranye  n’ abatuye mu Mirenge ya Giti na Rutare, badutangarije ko kuri ubu abagore bahaturiye badatinya kunywa inzoga bagataha amasaha y’ijoro, guca […]

Tennis: Irushanwa rya ‘ATP Challenger 100 Tour’ rizabera i Kigali

U Rwanda rwahawe kwakira amarushanwa abiri akomeye mpuzamahanga ya Tennis, arimo irya‘ATP Challenger 100 Tour’ riri mu akomeye ku Isi. Nyuma yo kwakira neza Irushanwa Mpuzamahanga rya Tennis “ATP Challenger 50 Tour” mu 2024, u Rwanda rwahawe kwakira abiri yisumbuyeho ya “ATP Challenger 75 Tour” na “ATP Challenger 100 Tour”, aho aya marushanwa yitabirwa n’abakinnyi […]

Umuturage waregwaga guhuguza mugenzi we Televiziyo yagizwe umwere

Urukiko rwa Muhanga rwagize umwere  Umuturage witwa Maheke Tharcisse waregwaga icyaha cy’ubuhemu. Mu isomwa ry’urubanza ryabaye kuri uyu wa Kabiri Tariki ya 14 Mutarama 2025, Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwemeje ko Maheke Tharcisse waregwaga icyaha cy’ubuhemu kijyanye na Televiziyo ya Mbituyimana Aimable agirwa umwere. Urukiko rwemeje ko ruhaye agaciro  Ubujurire  bwa Maheke Tharcisse. Urukiko rwemeje […]

Impinduka muri Guverinoma ntiziraba ahubwo – Perezida Kagame

Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame, yasubije abibaza ku mpinduka zimaze iminsi ziba muri Guverinoma y’u Rwanda, avuga ko ahubwo bikiri mu ntangiriro kandi ko ari ngombwa kuzikora bitewe na byinshi birimo imiterere y’Igihugu n’ibindi. Kuva hajyaho Guverinoma nshya igomba kuyobora u Rwanda muri iyi manda y’imyaka itanu iri imbere. Perezida Paul Kagame, ni we wongeye kugirirwa […]