Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yavuze ko abantu bamaze kwandura icyorezo cya Ebola cyo mu bwoko bwa Bundibugyo kugeza ku wa 14 Kamena 2026 bageze kuri 808 barimo 192 bishwe nacyo.
Mu itangazo, iyi Minisiteri yavuze ko ku wa 14 Kamena 2026, abantu 26 bashya banduye Ebola, mu gihe kuri uwo munsi hapfuye abantu 11, abandi 48 bagakira.
Uduce 30 two mu Ntara ya Ituri, iya Kivu y’Amajyepfo n’iya Amajyaruguru nitwo twagaragayemo icyo cyorezo. Intara ya Ituri ikaba izingiro ryacyo n’abanduye 738.
Inzego z’ubuzima muri Congo zikavuga ko ubu zibasha gukurikirana 63.1% by’aho bacyeka Ebola cyangwa abo bakeka ko bahuye n’abanduye.
Ebola iri muri Repubulika ubu ni ikibazo gihangayikishije Isi nk’uko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryabyemeje.
Ku wa 15 Kamena 2026, Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), Mahmoud Ali Youssouf, yakiriwe na Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, uyoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.
Kuri uyu wa Kabiri i Gitega mu Burundi harabarera inama yaguye y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe iganirwaho uko umugabane uri guhangana n’icyo cyorezo.
MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW
