Nyuma yo kwambika impeta umukunzi we, Mudacumura Sunny Fabiola amusaba kuzamubera umugore, Banamwana Camarade utoza Sunrise FC yatangaje ko ubukwe buri muri Nzeri.
Ku wa 26 Kamena 2026, ni bwo umutoza, Banamwana Camarade wa Sunrise FC, yambitse impeta umukunzi we, Mudacumura Sunny Fabiola amusaba kuzamubera umugore w’isezerano.
Ni nyuma y’imyaka itatu bombi bari mu munyenga w’urukundo, ariko bagahitamo kubyereka inshuti n’abavandimwe.
Banamwana n’umukunzi we, bahisemo ko tariki ya 20 Nzeri 2026 ari bwo bazakora ubukwe.
Camarade yatoje amakipe arimo Gicumbi FC, Bugesera FC, Kiyovu Sports na Étoile de l’Est.





UMUSEKE.RW
