Nyanza: Abaganga batatu bakorere ku Bitaro bya Nyanza batawe muri yombi bakekwaho guha serivisi mbi ‘umubyeyi’ wari ku nda.
Iyi serivise mbi yagize ingaruka mbi ku mwana uri mu nda.
Abakurikiranye amakuru babwiye UMUSEKE ko umubyeyi wari ku nda yagiye kwa muganga ku bitaro i Nyanza ntiyitabwaho uko bikwiye n’abaganga, maze umwana aza kuvuka atuzuye (premature) hashize umwanya muto arapfa.
Bariya bakurikiranye amakuru bavuga ko nyuma yaho Perezida wa Repubulika y’u Rwanda avugiye mu ruhame anenga abaganga b’i Karongi bahaye serivisi mbi umubyeyi utwite agapfa, uriya mubyeyi w’i Nyanza na we yahise ajya kurega abaganga bakora muri maternité mu bitaro bya Nyanza.
Abo baganga bahamagajwe kwitaba kuri sitasiyo ya Polisi ya Busasamana mu karere ka Nyanza bahita bafungwa.
Abakurikiranye amakuru bemeza ko ubuyobozi bw’ibitaro by’akarere ka Nyanza bwabwiye abandi bakozi kwitwararika, ko hari abaganga bo mu bitaro bafunzwe.
Ubuyobozi bwasabye abandi baganga gushaka uko babasura abo bagenzi babo barimo gukurikiranwa.
Mu kiganiro UMUSEKE wagiranye n’umwe mu bagannye ibitaro bya Nyanza, na we yavuze ko iyo abona aho anyura arega yari kurega kuko umugore we yagiye kubyarirayo saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (18h00) ararangaranwa batangira kumubaga saa cyenda z’igicuku (03h00 a.m) umwana bamukuramo yapfuye.
Umugore we ngo bamudoze nabi bajya kumwohereza i Huye mu bitaro bya CHUB byagoranye ku buryo ibyo yakorewe n’ubu bikimugiraho ingaruka.
Zimwe mu nzego zirebwa n’iki kibazo UMUSEKE wazibajije ariko zirinze kugira icyo zibitangazaho.
UMUSEKE.RW
