Ibyitezwe mu gitaramo ‘i Nyanza Twataramye’ kigiye kuba ku nshuro ya 12

i Nyanza Twataramye ni igitaramo kigiye kuba ku nshuro ya 12 mu myaka yikurikiranya

Igitaramo ‘I Nyanza  Twataramye’ kigiye kuba ku nshuro ya 12 aho hitezwe kuzabamo ibintu byinshi n’umuhanzi ‘Riderman’ by’umwihariko uri mu bazatarama.

Hashize imyaka 12 mu rwego rwo gushimangira Umuco Nyarwanda no guhuza imbaraga, Igitaramo ndangamuco Nyarwanda “i Nyanza Twataramye” cyaje guhuzwa n’Umuganura aho kimuriwe ku mugoroba ubanziriza Umuganura.

Ibi bikaba bimaze gukorwa inshuro zigera kuri 11 kikaba kigiye kuba ku nshuro ya 12.

Biteganyijwe ko iki gitaramo kizaba ku mugoroba wo ku wa Gatanu taliki ya 07 Kanama 2026 i saa kumi n’ebyiri (18h00) kibera ku ngoro y’Abami mu Rukari aho hazaba hari umwiyereko w’inyambo, imbyino, n’inanga. Amatorero Urugangazi, Isonga, Symphony band, umuhanzi Sophie Nzayisenga ndetse na Riderman n’abandi bazatarama.

Igitaramo ‘I Nyanza Twataramye’ kimaze kuba ngarukamwaka aho kizaba kibaye imyaka cumi n’ibiri yikurikiranya kibera i Nyanza nko ku gicumbi cy’umuco.

Rusake “Riderman’ aaba ari mu bazatarama
Intore na zo ziziyereka

Theogene NSHIMIYIMANA
UMUSEKE.RW i Nyanza

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *