Imikino y’Abakozi: Hatangajwe ingengabihe y’irushanwa rya GMT 2026

Ishyirahamwe ry’Imikino y’Abakozi mu Rwanda [ARPST], ryatangaje ingengabihe y’irushanwa ryo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 [GMT].

ARPST yatangaje ko muri iri rushanwa hazakinwa imikino irimo umupira w’amaguru, Basketball na Volleyball.

Muri ruhago mu cyiciro cy’abakuze [Catégorie A], hazakina RAC FC na CHUB FC tariki ya 5 n’iya 12 Kamena umukino ubanza n’uwo kwishyura.

Muri Catégorie B [abafite imyaka yo hasi] mu mupira w’amaguru, hazakina RBC FC na DGIE FC tariki ya 5 n’iya 12 Kamena 2026.

Muri Volleyball y’abagabo mu cyiciro cya Catégorie A, hazakina CHUB na RAC tariki ya 5 n’iya 12 Kamena.

Muri Volleyball y’abagabo mu cyiciro cya Catégorie B, hazakina Rwandair na NISR tariki ya 5&12 Kamena.

Mu cyiciro cy’abagore muri Volleyball muri Catégorie B, hazakina Wasac na RBC tariki ya 5&12 Kamena.

Muri Basketball muri mu cyiciro cya Catégorie A mu bagabo, hazakina RAC na RTDA tariki ya 5 n’iya 12 Kamena.

Muri Basketball muri mu cyiciro cya Catégorie B mu bagabo, hazakina NISR na DIGIE tariki ya 5 n’iya 12 Kamena.

Muri iyi mikino, hazabarwa amanota buri kipe izaba ifite mu mikino yombi, kugira ngo hamenyekane izegukana igikombe cy’irushanwa ry’uyu mwaka.

Ni irushanwa rizakinwa mu bice bitandukanye
No muri Volleyball y’abagabo bazakina
Muri Basketball y’abagabo naho bazakina
Muri Volleyball y’abagore bazakina
RAC FC ibitse igikombe cya Shampiyona, izakina na CHUB FC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *