Mu gihe hasigaye iminsi ibarirwa ku ntoki ngo irushanwa ‘Pre-Season Agaciro Tournament 2026’ rirangire, amakipe ane yageze muri 1/2 cyaryo, yamaze kumenyekana.
Imikino isoza 1/4, yabaye kuwa 28 Nyakanga 2026 ku kibuga cyo kuri Tapis Rouge i Nyamirambo.
Friendly FC iri mu zikunzwe muri iri rushanwa, yakatishije iyi time nyuma yo kunyagira Tubigumemo FC ibitego 4-1.
Yasanze West-End Sports Agency bazahura, Soaring Eagle na Avengers FC bizakina.
Imikino ya 1/2 muri iri rushanwa, izaba ejo ku wa 30 Nyakanga 2026. Avengers na Soaring Eagle zizakina Saa Saba z’amanywa mu gihe Friendly FC na West-End Sports Agency zizakina Saa Cyenda z’amanywa.
Irushanwa rya ‘Pre-Season Agaciro Tournament’, rizwiho gufasha abakinnyi n’abatoza kubona akazi.










UMUSEKE.RW
