N’ubwo yanganyije igitego 1-1 na Yei Joint Stars FC yo muri Sudani y’Epfo, Rayon Sports WFC yahise isezererwa mu irushanwa CAF Women’s Champion League CECAFA Qualifiers 2026 iri kubera i Kigali.
Imikino y’umunsi wa Gatatu w’amatsinda mu itsinda A, yabaye ku wa kabiri, tariki ya 25 Kanama 2026 Saa Cyenda z’amanywa.
Rayon Sports WFC yasabwaga gutsinda uyu mukino kugira ngo igere muri 1/2 ariko ntabwo yorohewe n’abanya-Sudani y’Epfo.
Murera yatsindiwe igitego na Ukwinkunda Jeannette ku munota wa 48 ariko kiza kwishyurwa na Moureen Nankinga ku munota wa 79 ndetse umukino uza kurangira amakipe agabanye amanota ku gitego 1-1.
N’ubwo iyi kipe ihagarariye u Rwanda yagize amanota atanu nyuma yo kunganya imikino ibiri ariko ikanatsinda umwe.
Itegeko rivuga iki?
Rivuga ko itsinda rifite amakipe ane, harebwa niba ikipe yabaye iya kabiri nta manota yaba yarakuye ku ya nyuma muri iryo tsinda.
Muri iri tsinda A, Denden FC yo muri Eritrea, yatsinzwe na Rayon Sports WFC ibitego 3-0, bivuze ko ayo manota akurwaho igasigarana abiri y’imikino ibiri yanganyije na Mafunzo FC na Yei Joint Stars FC.
Bisobanuye ko iyi kipe yo mu Nzove yahise isezererwa kubera ko mu itsinda B na C hari ikipe izaba iya kabiri ifite amanota atatu.
Bivuze ngo mu kureba Ikipe ya kabiri nziza, Rayon Sports WFC bitayireba. Yahise isezererwa mu irushanwa.
Yei Joint Stars FC yasoje iyoboye itsinda n’amanota arindwi, Murera ikurikira n’abiri, Mafunzo FC yagize rimwe mu gihe Denden FC yatsinzwe imikino yose.


UMUSEKE.RW
