Ubwo hibukwaga ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abatanze ibiganiro bavuga ko abenshi mu bakoze Jenoside mu cyakoze ari Perefegitura ya Gitarama ari abategetsi n’urubyiruko ruhakomoka.
Igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi cyabereye ku Rwibutso rw’aharuhukiye imibiri y’abatutsi bazize Jenoside, ruherereye mu Murenge wa Nyarusange.
Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga, Nshimiyimana Gilbert, avuga ko abagize uruhare muri Jenoside muri aka gace ari abana na bamwe mu bayobozi bahakomoka.
Avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yateguwe kuva kera, irigishwa ishinga imizi mu rubyiruko no mu bakuru, mbere y’uko ishyirwa mu bikorwa mu 1994.
Nshimiyimana avuga ko hari abatutsi biciwe mu cyahoze ari Perefegitura ya Gikongoro n’ahandi, abandi bajyanwa gutuzwa mu mashyamba i Bugesera bakicwa n’isazi ya Tsétsé.
Uyu muyobozi anavuga uruhare rukomeye Korali Abanyuramatwi yagize muri Jenoside, ikoresheje indirimbo zabo zibiba amacakubiri mu Banyarwanda.
Avuga ko Abanyarwanda bagomba kurwanya no kurandura burundu ingengabitekerezo ya Jenoside aho iva ikagera.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, avuga ko ibyago u Rwanda rwanyuzemo byarugejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko rwanga guheranwa n’ayo mateka maze ruriyubaka.
Ati: “Twite ku bato, kuko urubyiruko dufite uyu munsi rwavutse nyuma ya Jenoside; abenshi muri bo barayibarirwa, kandi bakaba bakomoka ku babyeyi bayigizemo uruhare n’abayikorewe.”
Depite Kalinijabo Barthelemy ahamya ko nta Jenoside izongera kuba mu Rwanda, kuko iyakorewe Abatutsi yateguwe kandi ishyirwa mu bikorwa n’abategetsi b’icyo gihe.
Yagize ati: “Iyo ubutegetsi butabyemera, nta Jenoside yari kubaho; uyu munsi dufite ubuyobozi bwiza butoza Abanyarwanda ubumwe.”
Yagaragaje ko nubwo hari kwibukwa ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, abategetsi ba RD Congo barimo gukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside.
Mu Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyarusange haruhukiye imibiri 1,678, gusa abatanze ibiganiro bavuga ko abenshi baroshywe muri Nyabarongo, kuko iri mu birometero bine uvuye aho abatutsi bicirwaga.





MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW i Muhanga.
