Isi yose yafashwe na Arsenal, muri Africa ho ni akarusho, inkuru yo gutwara igikombe cya Shampiyona mu Bwongereza gitwawe na Arsenal yaraje benshi badasinziriye, abanda barara mu mihanda no kuri stade babyina intsinzi.
Perezida William Ruto wa Kenya ari mu bishimye, nk’uko yigeze ku bivuga ni umufana wa Arsenal wihanganye igihe kirekire kandi akaba afite icyizere ko iyi kipe yagarutse izongera igatwara ibikombe.
Arsenal ikimara gutwara igikombe biturutse ku byavuye mu mukino wa Manchester City yaguye miswi na AFC Bournemouth aho zanganyije igitego 1-1, byari bivuze ko mu kinyuranyo cy’amanota 5 Arsenal yasigagamo Manchester City, hasigayemo amanita 4 kandi habura umukino umwe wa shampiyona.
Ku manota 82 ya Arsenal kuri 78 ya Manchester City, Arsenal yahise itwara igikombe cy’umwaka wa 2026 muri shampiyona y’u Bwongereza.
Perezida William Samoei Ruto, yagennye ijambo, avuga ko byari “igerageza ritoroshye gukurikira ikipe ya Arsenal mu rugamba rukomeye yari irimo, kuva mu bihe bigoye kugera yongeye kuba mu bihe byo gutsinda, kuva mu myaka y’imikino yo kugaruka mu bihe byiza, kugera mu nzira yo gushaka ikuzo muri shampiyona y’Ubwongereza (Premier League).”
Perezida Ruto ati “Muri iki gihe cyamenye imbaraga z’icyizere, kwihangana, kwiyemeza ku ntego no gukora cyane, twabonye ikipe ikina kinyamwuga ihanganye n’abakeba bakomeye, umukino ku wundi.
Iri joro, igihembo gikomeye twagitsindiye. Ikipe yatsinze. Icyizere no kwiyemeza bifite ishingiro. Kandi kwiyemeza kwacu gutsinda binyuze mu gukora, ikinyabupfura no gukorera hamwe nk’ikipe birigaragaje.
Ndabashimiye Gunners.”
Perezida Paul Kagame na we ufana ikipe ya Arsenal yagaragaje ko yishimiye kuba yatwaye igikombe.
Uretse abakomeye, ikipe ya Arsenal ifite abafana benshi babigaragaje hirya no hino ku isi, bamwe mu mihanda barabyina, abanda bagiye muri stade mu Bwongereza kwishimira igikombe, abanda bakoze imyiyereko yo kwishimira ko Arsenal yatwaye igikombe nyuma y’imyaka 22 ishize.
Gahunda isigaye ikomeye kuri Arsenal n’umutoza wayo Mikel Arteta, ni umukino wa nyuma wa UEFA Champions Ligue uzaba tariki 30 Gicurasi 2026, iyi kipe izahura na Paris St Germain.

UMUSEKE.RW
