Mu murwa Mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no mu bindi bice, bari mu myigaragambyo bamagana ibijyanye no guhindura Itegeko Nshinga batawe muri yombi .
I Kinshasa no mu bindi bice by’igihugu birimo Lubumbashi, Maniema, Tanganyika n’ahandi ,habaye imyigaragambyo yamagana icyifuzo cya Tshisekedi cyo gushaka guhindura Itegeko Nshinga.
Polisi yari nyinshi ku mihanda, yaje kumisha ibyuka biryana ku maso ku bigaragambya,abandi batabwa muri yombi.
Abigaragambya bari mu cyitwa Coalition Article 64 (C64), Ihuriro rigizwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi.
Videwo yasakaye ku mbuga nkoranyambaga ,igaragaza amagana y’abigaragambya bari mu mashyaka atandukanye bafite amabendera y’igihugu n’ay’amashyaka mu mujyi wa Kinshasa.
Amakuru avuga ko abigaragambya batangiye mu mahoro ariko ko ibintu byaje gukomera , baza guhangana n’abashinzwe umutekano.
Jean-Marc Kabund,umwe mu bagize C64, yavuze ko abashinzwe umutekano bakomeje gukubita abigaragambyaga.
Timothee Mbuya, umwe mu bari mu muryango utari uwa Leta witwa Justicia, yavuze ko abantu hafi 70 batawe muri yombi mu ntara ya Haut- Katanga.
Umuhuzabikorwa wa Komisiyo ishinzwe Uburenanzira bwa muntu muri Haut -Katanga, Joseph Kongolo, yavuze ko Polisi iri kumwe n’abasirikare bahanganye n’abigaragambya mu mujyi wa Lubimbashi ,agace kiganjemo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ,no mu ntara ya Likasi na Kasumbalesa.
Blaise Kilimbalimba, komanda wa Polisi muri Katanga, nta bwo yigeze atanga umubare w’abatawe muri yombi.
huriro ry’amashyaka ari ku butegetsi muri RD Congo, Union sacrée, ryatangije ibikorwa byo “kugisha inama” ku guhindura Itegeko nshinga kugira ngo Perezida Félix Tshisekedi ahabwe manda ya gatatu.
Bamwe mu bategetsi muri leta ya Tshisekedi bashimangiye ko iyo manda ari yo “barimo kuganaho”.
Tshisekedi aheruka kuvuga ko amatora “ntashoboka tudafite Kivu y’Epfo na Kivu ya Ruguru”, akavuga ko igihugu kitazakora amatora “kiri mu ntambara”, ariko kandi ko yakoresha amatora ya referandum mu kureba niba abaturage bashaka kumuha manda ya gatatu, avuga ko babimusabye yabyemera.
Amatora ataha muri RD Congo ateganyijwe mu Ukuboza 2028, ubwo manda ya kabiri ya Tshisekedi y’imyaka itanu izaba irangiye.



UMUSEKE.RW